Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwasomye urubanza ruregwamo umugore w’imyaka 34 y’amavuko, wari ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 14 y’amavuko, rwemeza ko uregwa ahamwa n’icyaha rumuhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka 10.
Icyaha akurikiranyweho
cyakozwe ku itariki ya 31 Ukuboza 2025 no ku itariki ya 03 Mutarama 2026, mu
Mudugudu Karenge, mu Kagari ka Nyakabungo, mu Murenge wa Jali, mu Karere ka
Gasabo, mu Mujyi wa Kigali.
Inkuru y'ubushinjacyaha
Bukuru ivuga ko uregwa akurikiranyweho kuba kuri ayo matariki yarasambanyije
uwo mwana nyuma akamushukisha amafaranga 1000Frw kugira ngo atazabivuga.
Mu rubanza, uregwa
yaburanye yemera icyaha, asobanura ko uwo mwana ari we wamusabye ko basambana
kuko we asanzwe akora akazi ko kwicuruza (uburaya).
Urukiko rwemeje ibi
bikurikira:
Rwemeje ko ikirego
cy’Ubushinjacyaha gifite ishingiro.
Urukiko kandi rwemeje ko uregwa ahamwa
n’icyaha cyo gusambanya umwana, rumuhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka icumi
(10).