• Amakuru / MU-RWANDA


Mu karere Nyanza Umugabo wari uryamanye na mugenzi we yamubajije isaha hashize umwanya muto ahita apfa.

Byabaye mu ijoro ryo ku wa 12 Mutarama 2026 ahagana i saa saba na cumi n’itanu z’igicuku, mu karere ka Nyanza mu murenge wa Mukingo mu kagari ka Cyerezo mu mu mudugudu Kamabuye.

Nyakwigendera yitwa HARINDINTWARI Emile w’imyaka 48, yari yagiye i Kigali ku wa Gatanu taliki ya 09 Mutarama agiye gusura abavandimwe be n’umugore we, agarutse ejo mu mu ma saa yine n’igice za mu gitondo (10h30), yirirwa atembera mu mudugudu ari muzima nta kibazo afite.

Mu masaha ya saa sita z’ijoro zishyira saa saba yabajije igihe uwo bari baryamanye, undi amaze kukimubwira ngo ahita afatwa n’ikintu kiramuniga mu muhogo ananirwa kuvuga no guhumeka, abira ibyuya byinshi ngo aramuhungiza, hashize nk’iminota icumi ahita apfa.

Uriya wari uryamanye na nyakwigendera yagiye guhuruza murumuna we kwa se wabo, ahageze asanga byarangiye yaphuye bajya guhuruza abaturanyi n’umukuru w’umudugudu na bo bahageze babona ko yamaze gupfa.

Umwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze yatangaje ko nyakwigendera atumvikanaga n’umugore we wa mbere utuye i Kigali kuko bari bamaze imyaka 11 batabana, gusa yari yarabyaranye n’undi mugore i Nyanza ku buryo no kuwa 11 Mutarama 2025 nabwo yagiye kumusura aho i Nyanza, uyu muyobozi akavuga ko ibyabaye kuri uriya mugabo batamenye icyo yazize.

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze zageze ahabereye ibyago umurambo bawujyana ku bitaro bya Nyanza, bahita na bo bafata icyemezo cyo kuwujyana i Kigali kuwupima bikaba bitegerejwe ko uzashyingurwa isuzuma ryarangiye.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments