• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanzikazi  Bwiza  ubarizwa  mu nzu ifasha abahanzi ya Kikac Music  yanyomoje  amakuru avuga ko yaraba yarambitswe impeta  ndetse  akanambikwa  impeta n’umusore  bakundana ashimangira ko ataribyo

Bwiza yatangaje ibi nyuma y’ibibazo byinshi amaze iminsi  abazwa ahantu hose  ubwo yabazwaga  n’abakunzi be niba koko yarafatiwe irembo akanambikwa impeta .

Umunyamakuru wa BTN Rwanda yagerageje nawe  kumubaza  niba koko ibyo bivugwa  ari ukuri maze aseka cyane agira ati” ahubwo se  abo bavuga  ibyo  baramumpaye uwo musore  ngo babone  kujya kuvuga  ibyo byibura  ahari

Ibi bigarutsweho  nyuma yaho yaba mu binyamakuru bimwe na bimwe ndetse no  ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kuvugwa byinshi ko ari mu rukundo  n’umusore w’umunyarwanda uba muri Leta  Zunze Ubumwe  z’Amerika kugeza naho  byavuzwe ko amaze iminsi  inaha ahoy aba yaraba  yaramaze gufatirwa Irembo mu rugo .

Bwiza yahakanye  ayo makuru  ashimangira ko ayo makuru  ari ibihuha  atazi aho biva n’ababivuga atazi icyo  bagamije kugeza ubu.

Uyu mukobwa watangiye gukora kuri album ye ya gatatu, mu minsi ishize yasohoye indirimbo yise ‘Boda boda’ ndetse na ‘Waratwibutse’ yo kuramya no guhimbaza Imana.

Kuva yatangira umuziki, Bwiza amaze gukora album ebyiri zirimo ‘My Dream’ yasohoye mu 2023 ndetse na ’25 Shades’ aherutse kumurikira mu Bubiligi mu 2025.

Izi album ziyongeraho EP yise ‘Connect me’ yasohoye mu 2021.


https://www.youtube.com/watch?v=4EBouPPpSdY

https://www.youtube.com/watch?v=QKPNUbcXobw

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments