• Amakuru / MU-RWANDA


Abaturage bo mu Karere ka Nyanza, mu Murenge wa Mukingo, batunguwe n'urupfu rw'umugabo witwa Emile yapfuye urupfu rutunguranye nyuma y'uko yari yiriwe abaganiriza ubuzima yabonye I Kigali.

Iyi nkuru y'icamugongo yabereye mu Mudugudu wa Kanyundo, mu Kagari ka Kerezo, mu Murenge wa Mukingo, mu Karere ka Nyanza, mu Ntara y'Amajyepfo, ku wa Kabiri, tariki ya 13 Mutarama 2026, mu masaha ya Saa Sita n'igice z'ijoro (00h30').

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko urupfu rwa nyakwigendera rwabateye urujijo kuko yari amaze iminsi itatu (3) avuye gusura umugore we n'abana mu Mujyi wa Kigali, yahagera akababwira uko yabonye I Kigali ari ahantu heza.

Umwe yagize ati:"Kuva Saa Tanu yari muzima, umugoroba wose yari muzima abonana n'abaturage ariko ukumva ngo yapfuye?"

Mugenzi we yakomeje agira ati:"Twaramye kare nka Saa Mbiri, rwose yahise asinzira, tugeze mu gicuku arabyuka aribwira ati bimaze kuba Saa ngahe? Ndamubwira nti bimaze kuba Saa Sita n'igice, akimara kumbaza ibyo nanjye musubije yahise ahumeka umwuka mwinshi cyane ahita agobwa, abura umwuka, abira amazi arapfa."

Aba baturage bavuga ko batazi icyaba cyabaye intandaro y'urupfu rwa nyakwigendera, ariko bagakeka ko yaba yahumanyijwe.

Ati:"Twabonana ko bamuhumanyije, none se ko yiriwe ari muzima, akaba yaragiye I Kigali ari muzima, akagaruka ari muzima nta kintu na kimwe arwaye..."

 

Bakomeje bavuga ko batunguwe n'urupfu rwe kuko yari asanzwe nta kibazo afite kandi afite imbaraga agakora nta kibazo.

Aba baturage banze ko umurambo wa nyakwigendera Emile ushyingurwa udakorewe isuzuma kugira ngo hamenyekane icyateye urupfu rwe.

Bakomeje basaba inzego zibishinzwe gukora iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane icyateye urupfu rwa nyakwigendera.

Ibyo byatumye inzego zitandukanye zirimo Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) na Polisi zijyana umurambo we kwa muganga kugira ngo ukorerwe isuzuma bityo hamenyekane nyir'izina icyateye urupfu rwe.

Umunyamabanga Nshingwanikorwa w'umurenge wa Mukingo, ntayabonetse ku murongo wa telephone kugira ngo agire icyo atangaza kuri iyi nkuru.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments