• Imyidagaduro / IBITARAMO

Ku gicamunsi cyo  kuri  uyu  wa mbere tariki ya 19 Mutarama 2026 umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi nka  Buce Melodie  yongeye  kuvugisha imbuga nkoranyambaga aho yatangaje ko  afatanyije n’inzu  imufasha ya 1:55 Am batuguye ibitaramo bizazenguruka igihugu cyose  bize  “2026 Summer Country  Tour

Nyuma yo guhyira hanze impapuro  zamamaza  ibyo bitaramo  The  Ben nawe yahise asimbukira ku mbuga nkoranyambaga maze maze ahishura  ko ayo makuru ari  ibihuha kabone ko aba bagabo bombi bamaze  igihe barigaruriye imbuga nkoranyambaga hano  mu Rwanda, Nyuma  y’igitaramo aba bombi bcya  The  Nu Year  Groove cyari cyateguwe na The  Ben maze agatumira mugenzi we  Bruce  kugeza na nubu kikab gikomeje kuvugwa n’abatari bakeya

Abamenyereye amakuru y’imyidagaduro ntabwo batunguwe nibyo The Ben yatangaje, kuko harubwo abahanzi bajya bihakana amakuru y’ukuri cyangwa bagatangaza amakuru atari ukuri kugirango bacuruze.

Ibi kandi byareberwa mu buryo aba bagabo bombi bashyize imbaraga nyinshi mu gukora buri kimwe cyagombaga kubafasha mu kwamamaza igitaramo baheruka guhuriramo.

Bimwe mubyo bakoze birimo gukozanyaho mu itangazamakuru, ndetse banasohoye indirimbo buri umwe yihaniza mugenzi we bituma ubushyuhe bwo kuzitabira igitaramo cyabo buzamuka.

Kuba The Ben yahakana aya makuru byarema ibintu byinshi byo gukomeza kuvuga kuri iki gitaramo gitegerejwe mu mpeshyi, kuko ubu ku mbuga nkoranyambaga nta kindi kirimo kuvugwa.

Bamwe batangiye kuvuga ko The Ben yatinye, abandi bavuga ko yanze gukoreshwa na Bruce Melodie, ibi byose bigakomeza kuzamura ubushyuhe bw’ibi bitaramo aba bahanzi bateganya guhuriramo.

Gusa kugeza  aka kanya  yaba Bruce  Melodie  cyangwa  Ubuyobozi bwa 1:55 AM nta kintu baratangaza kubyo  The Ben yatangaje  kuri  ibi bitaramo ariko turakomeza tubakurikiranire niba koko Atari bya bindi byateye bita Pranka abahanzi bifashisha bashaka gukurura abakunzi  babo .

 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments