Hashize
imyaka irenga itatu uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Shinzo Abe,
yishwe arashwe ku manywa y’ihangu, umugabo wamwishe yakatiwe igifungo cya
burundu, mu rubanza rwakurikiranwaga n’abantu benshi ku isi yose.
Ku wa
Gatatu, umucamanza Shinichi Tanaka wo mu rukiko rwo mu mujyi wa Nara yatangaje
igihano cy’igifungo cya burundu ku mugabo witwa Tetsuya Yamagami, wemeye ko ari
we warashe akica Shinzo Abe mu mwaka wa 2022.
Yamagami,
ufite imyaka 45, yemeye icyaha cyo kwica Shinzo Abe, mu gikorwa cyahungabanyije
igihugu cy’u Buyapani, aho ibikorwa byo gukoresha intwaro biba gake cyane
bitewe n’amategeko akomeye abuza gutunga imbunda.
Mu Buyapani,
igihano cy’igifungo cya burundu gishobora gutuma uwagihamijwe agira amahirwe yo
gufungurwa by’agateganyo, nubwo impuguke zivuga ko benshi mu bahabwa iki gihano
bapfira muri gereza batarigeze babona umunsi wo gusohoka.
Ubushinjacyaha
bwari bwasabye ko Yamagami ahabwa igihano cya burundu, buvuga ko ubu bwicanyi
ari “ikintu kidasanzwe mu mateka y’u Buyapani nyuma y’intambara”, kandi ko
bwagize “ingaruka zikomeye cyane ku muryango nyapani no ku gihugu muri
rusange”.
Mu gutangira
urubanza rwe mu kwezi k’Ukwakira, abashinjacyaha bavuze ko Yamagami yatewe no
kwifuza guharabika no kwangiza isura y’Itorero rya Unification Church.
Umushinjacyaha
yavuze ko Yamagami “yatekerezaga ko yica umuntu ukomeye kandi uzwi nka Shinzo
Abe byatuma abantu benshi batangira kuvuga kuri iryo torero, bikanabyutsa
kunenga no kurishinja byinshi”.
Ku rundi
ruhande, abamwunganira mu mategeko basabye ko ahabwa igihano ntarengwa
cy’imyaka 20 y’igifungo, bagaragaza imibabaro n’ingorane byageze ku muryango we
nyuma y’uko nyina atanze umutungo we wose yari yarizigamye awuha iryo torero.
Ku wa Gatatu
mu gitondo, abantu benshi bari bahagaze mu mirongo bategereje kubona amatike yo
kwinjira mu rukiko rwa Nara, bigaragaza uburyo uru rubanza rwari rukurikiwe
cyane n’abaturage.
Ubu bwicanyi
bwagaragaje kandi isano ikomeye yari hagati y’ishyaka riri ku butegetsi mu
Buyapani, Liberal Democratic Party (LDP), n’Itorero rya Unification Church,
umuryango abantu benshi bafata nk’idini rifite imikorere itavugwaho rumwe.
Igihano
cyahawe Yamagami cyasize gisize impaka n’isesengura rikomeye ku mibanire
y’abanyapolitiki n’amadini mu Buyapani, mu gihe igihugu gikomeje kwibuka no
gukira igikomere cy’urupfu rw’umwe mu bayobozi baryo bakomeye mu mateka ya
vuba.