Kuri uyu wa Kane, Igipolisi cya Uganda cyavuze ko cyafunze umudepite n’umuyobozi mukuru w’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri iki gihugu kubera uruhare akekwaho kugira mu rugomo rushingiye ku matora rwahitanye nibura abantu barindwi.
Uyu mudepite,
Muwanga Kivumbi, ni visi perezida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rivuga
ko riharanira ubumwe bw’igihugu (NUP) riyobowe n’umuhanzi wahindutse
umunyapolitiki, Bobi Wine, uri mu bwihisho kuva mu cyumweru gishize.
Wine,
amazina ye yemewe n’amategeko ni Robert Kyagulanyi, yavuze ko yahunze igitero
cya gisirikare ku nzu ye amasaha macye mbere y’uko Perezida Yoweri Museveni
atangazwa ko yatsinze amatora ya perezida yo ku itariki ya 15 Mutarama.
Polisi
yemeje ko Kivumbi yatawe muri yombi mu butumwa yanditse kuri X platform
maze ivuga ko “azashyikirizwa urukiko mu gihe gikwiye.”
Polisi
yagize iti: “Ifatwa rye rifitanye isano n’ibikorwa biherutse by’urugomo
rushingiye kuri politiki.”
Polisi na
Kivumbi ntabwo bavuga rumwe ku ihangana ryabaye hagati y’inzego z’umutekano
n’abashyigikiye umudepite ijoro ryose nyuma y’amatora yo ku itariki ya 15
Mutarama.
Polisi
yavuze ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bitwaje imihoro bateguwe na Kivumbi
bateye sitasiyo ya polisi ndetse na site y’itora.
Kivumbi we
yatangarije Reuters ko abantu biciwe mu nzu ye, aho bari bategereje kumenya
ibyavuye mu matora ngo yumve ko agumana intebe ye mu nteko. Yavuze ko abantu 10
biciwe mu nzu ye kandi avuga ko ari “ubwicanyi”.