• Amakuru / POLITIKI


Kuri uyu wa Kane, Igipolisi cya Uganda cyavuze ko cyafunze umudepite n’umuyobozi mukuru w’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri iki gihugu kubera uruhare akekwaho kugira mu rugomo rushingiye ku matora rwahitanye nibura abantu barindwi.

Uyu mudepite, Muwanga Kivumbi, ni visi perezida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rivuga ko riharanira ubumwe bw’igihugu (NUP) riyobowe n’umuhanzi wahindutse umunyapolitiki, Bobi Wine, uri mu bwihisho kuva mu cyumweru gishize.

Wine, amazina ye yemewe n’amategeko ni Robert Kyagulanyi, yavuze ko yahunze igitero cya gisirikare ku nzu ye amasaha macye mbere y’uko Perezida Yoweri Museveni atangazwa ko yatsinze amatora ya perezida yo ku itariki ya 15 Mutarama.

Polisi yemeje ko Kivumbi yatawe muri yombi  mu butumwa yanditse kuri X platform maze ivuga ko “azashyikirizwa urukiko mu gihe gikwiye.”

Polisi yagize iti: “Ifatwa rye rifitanye isano n’ibikorwa biherutse by’urugomo rushingiye kuri politiki.”

Polisi na Kivumbi ntabwo bavuga rumwe ku ihangana ryabaye hagati y’inzego z’umutekano n’abashyigikiye umudepite ijoro ryose nyuma y’amatora yo ku itariki ya 15 Mutarama.

Polisi yavuze ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bitwaje imihoro bateguwe na Kivumbi bateye sitasiyo ya polisi ndetse na site y’itora.

Kivumbi we yatangarije Reuters ko abantu biciwe mu nzu ye, aho bari bategereje kumenya ibyavuye mu matora ngo yumve ko agumana intebe ye mu nteko. Yavuze ko abantu 10 biciwe mu nzu ye kandi avuga ko ari “ubwicanyi”.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments