Ubwo yari yakiriwe na mugenzi we wa Turikiya, Recep Tayyip Erdo?an i Ankara, Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu w’imyaka 73 yatsikiye yitura hasi mu kivunge cy’abantu.
Byabaye kuri uyu wa
27 Mutarama 2025, mu ruzinduko Tinubu ari kugirira i Ankara muri Turikiya.
Tinubu yatsikiye ubwo yari ari kugendana na Erdo?an yitura hasi,
kuko bagendaga bakikijwe n’abandi bayobozi, baramwegura ndetse bigaragara ko
atakomeretse.
Sunday Dare ugenda
hafi ya Tinubu ushinzwe kumufasha ibintu bitandukanye, yavuze ko uyu muyobozi
ntacyo yabaye, ndetse yakomeje inama yagombaga kugirana na mugenzi we wa
Turikiya.
Sunday Dare yavuze ko “Tinubu ameze neza ndetse
uruzinduko rwe rukomeje nta nkomyi.”
Ati “Nyuma y’umuhango wo kumwakira wabereye i Ankara
yakomereje mu nama zitandukanye na Perezida wa Turikiya nk’uko biteganyijwe
n’abandi bayobozi muri guveniroma b’ibihugu byombi.”
Amashusho y’uyu muyobozi wa Nigeria akomeje
guhererekanywa ku mbuga nkoranyambaga. Wabonaga ko afite intege nke kuko no
kumanuka ku ngazi wabonaga byagoranye.
Muri Kamena
2024 na bwo Tinubu yituye hasi ari mu bantu, ndetse yigeze kubiteramo urwenya
avuga ko abantu batekereje ko yari ari kubyina, abandi bagaragaza ko perezida
ari umuntu nk’abandi, ko kugwa nta gikuba kiba cyacitse.
Uruzinduko
rwa Tinubu rugamije gukomeza umubano wa Nigeria na Turikiya nk’uko ibiro bye
byabitangaje.
Tinubu
ayobora Nigeria kuva mu 2023, ubwo yari asimbuye Muhammadu Buhari.