• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Perezida wa Iran, Massoud Pezeshkian, yategetse ko hatangira ibiganiro ku kibazo cya nucléaire hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’uko byatangajwe ku wa Mbere tariki ya 2 Gashyantare n’ikigo ntaramakuru Fars. Ni mu gihe umwuka mubi ukomeje kwiyongera hagati y'ibi bihugu byombi, aho Amerika itigeze ikuraho amahitamo yo gukoresha ingufu za gisirikare.


Itangazamakuru ryavuze ko Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zemeranyije ku gutangira ibiganiro ku byerekeye porogaramu ya nucléaire, nubwo itariki n’aho bizabera bitaratangazwa. Aya makuru yanemejwe n’ikinyamakuru cya Leta Iran n’igitangazamakuru Shargh kizwiho kuba gishyigikiye impinduka.

Nk’uko umunyamakuru wa RFI i Teheran, Siavosh Ghazi, abitangaza, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, n’uhagarariye Amerika Steve Witkoff, mu minsi iri imbere bashobora guhurira muri Turkey cyangwa umwe mu yindi mijyi yo mu karere.

Ibi biganiro byateguwe nyuma y’uko ibihugu bya Turkey, Misiri, Arabia Saoudite na Qatar bitangiye kuba abahuza mu kugabanya umwuka mubi no kwirinda igitero cya gisirikare kuri Iran.

Minisitiri Abbas Araghchi aherutse kuvuga ko hari amahirwe yo kugirana ibiganiro, mu gihe uruhande rwa Amerika rwakwemera amasezerano akwiye kandi mu nyungu z'impande zombi, agamije kwemeza ko Iran itadunga intwaro za nucléaire. Ni mu gihe Perezida Donald Trump yatangaje ko yifuza kumvikana, avuga ko niba nta masezerano abonetse, hazarebwa uko ibintu bizagenda.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments