Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yakiriye Perezida wa Repubulika ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, uri muri Uganda mu ruzinduko rw’akazi, mu rwego rw’inshingano ze nk’umwe mu bagize Itsinda ry’Abahuza (Panel of Facilitators) ryashyizweho n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Umuryango w’Ibihugu byo mu Burasirazuba bwa Afurika (EAC) n’Umuryango w’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC), rigamije gushakira amahoro arambye uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Iri tsinda ry’abahuza rigizwe
n’abanyacyubahiro barimo Olusegun Obasanjo, Uhuru Muigai Kenyatta, Sahle-Work Zewde, Mokgweetsi Eric Keabetswe Masisi,
na Catherine Samba-Panza, bose
bagize uruhare mu mbaraga zo guhuza impande zitandukanye no gushakira hamwe
ibisubizo by’amahoro.
Mu butumwa bwashyizwe ahagaragara, ubuyobozi
bwagaragaje ko akarere kakomeje kwiyemeza inzira y’ibiganiro n’ubufatanye nk’ishingiro
ry’amahoro arambye, hagamijwe gukemura ibibazo by’umutekano muke bimaze igihe
mu burasirazuba bwa RDC.
Uru ruzinduko rugaragaza ubushake bw’ibihugu
byo mu karere n’abahuza bo ku rwego rwo hejuru bwo gukomeza gushyigikira inzira
y’amahoro ishingiye ku biganiro, mu rwego rwo kugarura ituze n’umutekano
birambye mu Karere k’Ibiyaga Bigari.