• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Ingabo za Nigeria zatangaje ku Cyumweru zishe umwe  mu  bayobozi ba Boko Haram hamwe n’abarwanyi 10 b’uyu mutwe w’iterabwoba, Ni mu gikorwa cya gisirikare cyabereye mu majyaruguru y’iburasirazuba bw’igihugu.

Nk’uko byatangajwe mu itangazo ry’ingabo, abasirikare bagabye igitero mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru, mu Ntara ya Borno, bagamije kurwanya abarwanyi b’uyu mutwe.

Umuyobozi wa Boko Haram wishwe yamenyekanye ku izina rya Abu Khalid, wavugwaga nk’uwa kabiri mu buyobozi bwa Boko Haram mu ishyamba rya Sambisa, riri rwagati mu Ntara ya Borno. Itangazo ry’ingabo ryavuze ko Abu Khalid yari “umuntu w’ingenzi mu buyobozi bw’iterabwoba, ushinzwe guhuza ibikorwa n’ibikoresho ku murongo wa Sambisa.”

Ingabo za Nigeria zatangaje ko nta musirikare wazo wagize wagiriye ikibazo muri icyo gikorwa. Bavuze kandi ko bafashe ibikoresho bitandukanye byari iby’abarwanyi ba Boko Haram, birimo intwaro, ibiribwa n’ibikoresho by’ubuvuzi.

Ingabo zanasobanuye ko zikomeje ibikorwa byo kurwanya iterabwoba mu majyaruguru y’iburasirazuba bwa Nigeria.

Iri tangazo ry’ingabo rije hashize iminsi mike igitero cya Boko Haram gihitanye byibura abantu 25 mu mujyi wa Sabon Gari, mu Ntara ya Borno.

Nigeria imaze imyaka irenga icumi ihangana na Boko Haram n’undi mutwe wayikomotseho witwa Leta ya Kisilamu muri Afurika y’Iburengerazuba (ISWAP).

Nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye (ONU), ubu bwigomeke bw’iterabwoba mu majyaruguru y’iburasirazuba bwa Nigeria bumaze gutwara ubuzima bw’abantu barenga 40,000, aho abagera kuri miliyoni 2 bavuye mu byabo kuva mu mwaka wa 2009.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments