• Amakuru / POLITIKI


Ibihumbi by’abaturage ba Venezuela bakoze imyigaragambyo y’amahoro mu murwa mukuru Caracas, basaba ko Nicolás Maduro wahoze ayobora iki gihugu n’umugore we Cilia Flores barekurwa, nyuma y’uko abari bayiteguye bavuga ko bamaze ukwezi bafunzwe ku gahato na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iyo myigaragambyo yabaye ku wa 3 Gashyantare 2026, yiswe “Gran Marcha”, yitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye bari bitwaje ibyapa bigaragaza ko bashyigikiye Maduro, banamagana Amerika bayisaba kurekura uwo bavuga ko ari perezida wabo n’umugore we.

Nicolás Maduro Guerra, umuhungu wa Maduro akaba n’umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Venezuela, ageza ijambo ku bitabiriye urwo rugendo rw’amahoro, yavuze ko ifatwa rya se ryabaye ku wa 3 Mutarama 2026, rikorwa n’ingabo za Amerika. Yavuze ko ibyo byabaye igikomere gikomeye ku gihugu cyabo, anongeraho ko ubusugire bwa Venezuela bwahungabanyijwe n’ibikorwa by’ingabo z’amahanga.

Ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Venezuela byatangaje ko imyigaragambyo isa n’iyo yabereye no mu bindi bihugu, aho Abanya-Venezuela baba mu mahanga bagaragaje ko bashyigikiye Maduro, basaba ko arekurwa.

Perezida w’Inzibacyuho wa Venezuela, Delcy Rodríguez, yavuze ko n’ubwo ari we uri kuyobora igihugu muri iki gihe, akibona Nicolás Maduro nk’umukuru w’igihugu. Yongeyeho ko ubuyobozi bwe buri kugerageza gukomeza imirimo ya Leta mu gihe hari igitutu mpuzamahanga, cyane cyane gishingiye ku byemezo bya Leta ya Perezida wa Amerika Donald Trump.

Ku rundi ruhande, Perezida Trump yatangaje ko yiteguye gukorana n’ubuyobozi bwa Rodríguez, ariko ashimangira ko Caracas igomba kubanza kubahiriza ibyo Amerika isaba, cyane cyane ku bijyanye n’imicungire ya peteroli n’indi mitungo kamere ya Venezuela.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments