Ibihumbi by’abaturage ba Venezuela bakoze imyigaragambyo y’amahoro mu murwa mukuru Caracas, basaba ko Nicolás Maduro wahoze ayobora iki gihugu n’umugore we Cilia Flores barekurwa, nyuma y’uko abari bayiteguye bavuga ko bamaze ukwezi bafunzwe ku gahato na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Iyo myigaragambyo yabaye ku wa 3 Gashyantare 2026, yiswe “Gran Marcha”, yitabiriwe n’abantu b’ingeri
zitandukanye bari bitwaje ibyapa bigaragaza ko bashyigikiye Maduro, banamagana
Amerika bayisaba kurekura uwo bavuga ko ari perezida wabo n’umugore we.
Nicolás
Maduro Guerra, umuhungu wa Maduro akaba n’umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko
ya Venezuela, ageza
ijambo ku bitabiriye urwo rugendo rw’amahoro, yavuze ko ifatwa rya se ryabaye
ku wa 3 Mutarama 2026, rikorwa n’ingabo za Amerika. Yavuze ko ibyo byabaye
igikomere gikomeye ku gihugu cyabo, anongeraho ko ubusugire bwa Venezuela
bwahungabanyijwe n’ibikorwa by’ingabo z’amahanga.
Ibitangazamakuru
bitandukanye byo muri Venezuela byatangaje ko imyigaragambyo isa n’iyo yabereye
no mu bindi bihugu, aho Abanya-Venezuela baba mu mahanga bagaragaje ko
bashyigikiye Maduro, basaba ko arekurwa.
Perezida
w’Inzibacyuho wa Venezuela, Delcy Rodríguez, yavuze ko n’ubwo ari we uri
kuyobora igihugu muri iki gihe, akibona Nicolás Maduro nk’umukuru w’igihugu.
Yongeyeho ko ubuyobozi bwe buri kugerageza gukomeza imirimo ya Leta mu gihe
hari igitutu mpuzamahanga, cyane cyane gishingiye ku byemezo bya Leta ya
Perezida wa Amerika Donald Trump.
Ku
rundi ruhande, Perezida Trump yatangaje ko yiteguye gukorana n’ubuyobozi bwa
Rodríguez, ariko ashimangira ko Caracas igomba kubanza kubahiriza ibyo Amerika
isaba, cyane cyane ku bijyanye n’imicungire ya peteroli n’indi mitungo kamere
ya Venezuela.