• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Kuva Minisiteri y’Ubutabera ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasohora hafi impapuro miliyoni eshatu ziva mu nyandiko z’idosiye y’urubanza rwa Epstein ku wa 30 Mutarama ushize, ibirego n’ibivugwa bitandukanye bikomeje kwiyongera.

Nubwo ubwinshi bw’izo nyandiko bugaragaza amazina y’abantu bazwi ku rwego mpuzamahanga barimo ikigomangoma  Andrew cyo mu  Bwongereza, Abanyamerika Bill na Hillary Clinton, ndetse n’Abafaransa Jack Lang na Marine Le Pen biracyagoye gukuramo imyanzuro isobanutse.

Jeffrey Epstein, washinjwaga gucuruza no gufata ku ngufu abana b’abakobwa, yakatiwe bwa mbere mu 2008, aza kongera gufungwa mu 2019 mbere yo kwiyahurira ari muri gereza.

Abantu bagaragara muri izi nyandiko zasohotse bose ntibashinjwa kugira uruhare mu bucuruzi bw’imibonano mpuzabitsina. Urugero, Marine Le Pen yagaragajwe inshuro 88 muri dosiye. Uwahoze ari umukunzi we, Louis Aliot, bivugwa ko yaba yarahuye n’umujyanama wa Donald Trump agamije gushaka inkunga y’amafaranga y’ishyaka Rassemblement national ayisaba Jeffrey Epstein. Naho Caroline Lang, umukobwa w’uwahoze ari Minisitiri w’u Bufaransa Jack Lang, bivugwa ko yaba yarashinze sosiyete ikorera mu mahanga (offshore) afatanyije na Jeffrey Epstein mu 2016, mu gihe Epstein yari asanzwe ari ku rutonde rw’abahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku mibonano mpuzabitsina.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments