Perezida w’u
Rwanda, Paul Kagame, yibukije Abanyarwanda ko bagomba guharanira kwigira no
kwirinda kubaho bateze amaramuko ku bandi.
Yabigarutseho
kuri uyu wa Kane, tariki ya 5 Gashyantare 2026, ubwo yatangizaga ku mugaragaro
Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku nshuro ya 20, iri kubera muri Kigali
Convention Center.
Perezida
Kagame yavuze ko iyi nama, imaze kuba inshuro 20, yagize uruhare rukomeye mu
gufata ibyemezo byagiye bifasha Abanyarwanda gutera intambwe, bityo igihugu
gikomeza gutera imbere.
Ati “Iyi
nama ibaye kenshi, kandi buri uko ibaye ibyaganiriwemo, ibyemezo byafashwe
bigenda bigira uburyo biduteza intambwe ndende ituganisha ku bindi biganiro
n’ibindi bikorwa bityo igihugu gikomeza gutera imbere uko bikwiye.”
Akomeza
asobanura ko Umushyikirano watangijwe hagamijwe gukomeza intego y’Igihugu yo
kwigira, kugira ngo igihugu n’Abanyarwanda batabaho ku mahirwe bagirirwa
n’abandi.
Ati “Kwigira
niyo ntego, niwo mugambi, niyo nshingano twese dufite dukwiriye kugira.”
Yongeyeho ko
nk’igihugu, u Rwanda rugendeye ku miterere yarwo, rudashobora kuvuga ko ibyo
rwagezeho bihagije, ahubwo hakenewe gukomeza guterwa n’izindi ntambwe.
Ati “Dushaka
gutera indi ntambwe ndende kurusha iya mbere, kandi kubihozaho, nibwo buryo
twabaho nibwo igihugu cyabaho.”
Yakomeje
asaba Abanyarwanda guha agaciro ibyo bakora, bagaharanira gukora ibikorwa
binini, rimwe na rimwe binasaba ko bamwe badasinzira.
Ati “Niba
ari abantu bashaka kwiha agaciro, bashaka kwigeza aho bakabaye bagera.. Icyo
gihe bifite icyo bidusaba kinini, ndetse byasaba na bamwe kudasinzira,
bikakuraza maso ureba ariko kurushaho unatekereza icyatuma utera intambwe mu
nzira y’Amajyambere.”
Yashimangiye
ko hari ibihugu byinshi ku Isi byatangiriye nk’u Rwanda ariko bikabasha kwiteza
imbere.
Ati “Ntabwo
ari uko baremwe bitandukanye nuko twebwe twaremwe twese dufite aho duturuka
ntabwo hatandukanye ku Isi abantu uko babayeho ni bimwe, Impamvu byagera hagati
bigahinduka bamwe bagasa naho baremye abandi ntabwo aribyo, ntabwo mukwiriye
kuba mwabyemera.”
Akomeza
avuga ko nk’Abanyarwanda kubaho bateze amaramuko ku bandi bikwiriye gucika
bigafatwa nk’icyaha.
Ati “Ntabwo
twaremwe n’abantu bose; ntibikwiye kureba ko ufite ubutunzi bwinshi, cyangwa ko
ufite ububasha bukomeye, cyangwa ko witeguye gukoresha nabi ibyo ufite. Turi
igihugu gito nk’u Rwanda, kandi tugomba kubasha guhagarara no kwihagararaho”
Perezida
Kagame yanashishikarije abayobozi gufata inshingano bashinzwe kugira ngo
babashe kugeza kubo bayobora ibyo babagomba.
Like This Post? Related Posts