Perezida
Kagame yerekanye ko igihugu cy'u Burundi cyahisemo kwiyomora ku mateka ubusanzwe agaragaza ko cyo n'u Rwanda ari ibihugu by'impanga ariko anashimangira ko u Rwanda rudashobora kugira uwo ruhatira ko baba impanga cyane ko Uburundi bwo ngo bwahisemo Repubulika Iharanira
Demokarasi ya Congo byose bikaba kuri ubu bihurira kuri politike mbi yo kwiyanga no kwanga abandi.
Ibi ni bimwe
mu byo Umukuru w'Igihugu yagarutseho mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano irimo
iraba ku nshuro ya 20 muri Kigali Convention Centre kuva kuri uyu wa Kane
tariki ya 05 Gashyantare kuzageza ku wa Gatanu tariki ya 06
Gashyantare 2026.
Umukuru
w’Igihugu yavuze ko kwemera kubaho kubera abandi ari icyaha. Ati: ”Kugira
ngo mwemere ko mwabaho kubera abandi ni icyaha tugomba kukigira icyaha. Ntabwo
twaremwe n’abantu abo ari bo bose ntabo”.
Yavuze ko
ibitagenda utabikosora neza mu gihe utumva aho uva, aho ujya n’icyo uri
cyo. Ati: ”Kuri njye ibingibi tuvuga by'amajyambere twaje mu mushyikirano,
twavuze ibitagenda neza, ibiki. Yego ni ibitureba tugomba gukosora ariko ntabwo
wabikosora neza udafite kumva aho uva, aho ujya n’icyo uri cyo.
Muri ayo
mateka rero agenda agashingiramo ibintu byinshi, ku Rwanda ngira ngo ni
umwihariko, ku Isi yose ngira ngo ni twe dufite ibiteye gutyo bikaze twifitiye
ibibazo byacu ariko dufite n’ibibazo duterwa n’abandi”.
Kuri ibi
bibazo u Rwanda ruterwa n’abandi, Perezida Kagame yagarutse ku bibazo bya Congo
ndetse yerekana ko Abarundi bahisemo kuba impanga na Congo.
Ati: ”Reka
mpere ku bibazo by’akarere turimo, muzi ibibazo tumaranye imyaka bijyanye
n’abaturanyi bo muri Congo ndetse rimwe na rimwe hajyamo n’u Burundi. Ubundi
uko nari mbizi mu mateka Abanyarwanda n’Abarundi babita ko ari
impanga. Ariko Abarundi bo bahisemo kuvuga ngo ntabwo dushaka mwebwe
ko tuba impanga dushaka kuba impanga n’Abanya-Congo. Nta kibazo mfitanye nabyo
ndabyemera ariko uko kuba impanga cyane cyane kurimo politike mbi yo kwiyanga
no kwanga abandi ibyo bakabihuriraho”.
Perezida
Kagame yavuze ko abivuze kenshi ko u Rwanda atari rwo rwatangije intambara yo
muri Congo ahubwo ko yaturutse ahandi ndetse ko yahavuze bityo ko nta mpamvu yo
kuhasubiramo.
Perezida
Kagame yavuze ko ikibazo u Rwanda rufite muri Congo ari ikijyanye n’Interahamwe
ziriyo na politike n’ingengabitekerezo bishingiye kuri Jenoside.
Ati:
”Ikibazo u Rwanda rufite muri Congo kijyanye n’Interahamwe ziri hariya na
politike n’ingengabitekerezo bishingiye kuri Jenoside kandi bagahora iteka
batunga u Rwanda urutoki ngo turaje tubigenze nk'uko twabigenje ubushize”.
Yavuze ko u
Rwanda rwegekwaho ko ruri muri Congo gushaka amabuye y’agaciro no gushaka
kurwagura. Ati: ”Bikaba ko turi muri Congo gushaka amabuye y’agaciro ko
ari byo bituma dufitanye ibibazo na Congo, bikaba ko u Rwanda rwacu ari ruto
dushaka kujya muri Congo kugira ngo turwagure.
Impamvu
zikaba nyinshi bakizihimba ariko bakanyura iruhande rw’ikibazo kimwe bazi nabo
bagizemo uruhare kijyanye n’Interahamwe ziri hariya muri Congo. Interagamwe
zatujwe, zahawe imbunda, zigirwa ingabo za Congo cyangwa se urundi ruhande
barakorana".
Like This Post? Related Posts