• Imyidagaduro / IBITARAMO

Umuhanzi Harmonize yatunguye benshi nyuma yo gusaba ku mugaragaro Frida Kajala kumubera umugore, ni nyuma y’ukwezi kumwe gusa bombi bongeye kugaragara bari kumwe bishimanye, bigatanga isura nshya ku mubano wabo.

Mu mpera z’Ukuboza 2025, amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Harmonize na Kajala basomana ubwo bari mu kabyiniro ko muri Zanzibar mbere y’uko uyu muhanzi ajya ku rubyiniro.

Ibyo byatumye benshi batangira kwibaza niba koko aba bombi bongeye gusubirana nyuma yo gutandukana kwabo mu 2022, kwari kwabanjirijwe n’inkuru nyinshi n’impano zihenze zirimo imodoka yo mu bwoko bwa Range Rover n’imitako ihenze.

Mu ijoro rya tariki ya 4 Gashyantare 2026 ni bwo Frida Kajala yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram, amafoto agaragaza Harmonize amusaba kumwambika impeta y’urukundo, maze undi yemera atazuyaje.

Muri ayo mafoto, Kajala agaragaraga yambaye ikanzu ndende y’umukara, mu gihe Harmonize yari yambaye ishati ifite imirongo n’ipantalo y’ibara ryenda kwereruka.

Hari aho bagaragaraga bafatanye ibiganza, ndetse n’aho Harmonize ahetse Kajala ku mugongo, abari aho bambaye imyambaro y’umweru babareba batangaye.

Nyuma y’ayo mafoto, Harmonize yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga avuga amagambo yuzuyemo amarangamutima, aho yise Kajala “impano y’Imana” mu buzima bwe, anemeza ko amuhisemo uyu munsi, ejo n’iteka ryose.

Nubwo Frida Kajala na Harmonize bamaze imyaka myinshi bagirana umubano utajya uhama, abakunzi babo ku mbuga nkoranyambaga bemeza ko uyu mwanzuro wo gusaba gushyingiranwa wafashwe nk’intambwe ikomeye igaragaza ko bombi bahisemo guha amahirwe mashya urukundo rwabo.

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments