Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika ya Centrafrica (FACA), Maj. Gen. Zépherin Mamadou, yabonanye n’umuyobozi mukuru w’ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, ku cyicaro gikuru cy’ingabo zidasanzwe i Entebbe.
Mu biganiro byabo, Maj. Gen. Mamadou yagaragaje uruhare rukomeye
rw’inkunga ya UPDF mu masezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare akomeje hagati
y’ibihugu byombi.
Yavuze
ko amahugurwa yatanzwe mu nzego zihariye, abato, n’abayobozi bakuru zatumye
FACA iziba icyuho cy’ubuyobozi no kongera ubushobozi bwa gisirikare.
Yavuze ko iri terambere ryagize uruhare mu gutegura amatora
aherutse kuba mu gihugu mu rwego rwo kubungabunga umutekano.
Uyu muyobozi w’ingabo
yatanze indamutso za Perezida wa Repubulika ya Centrafrica, Faustin-Archange
Touadéra na Minisiteri y’Ingabo ya CAR, ashimira Gen. Kainerugaba
kubw’ubutumire.