Mugabe Aristide wabaye captain w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda ya Basketball, akanakinira Patriots imyaka 7 yose, yahagaritse burundu gukina uyu mukino nk'uwabigize umwuga.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri taliki ya 10 , nibwo uyu mugabo w'imyaka 38 , yatangaje ko ahagaritse burundu ibyo gukina Basketball nk'uwabigize umwuga, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranya mbaga ze yagize ati"nyuma y'imyaka 18 ntangaje ko mpagaritse burundu gukina Basketball, ndashimira Imana, ndashimira byimazeyo abantu bose, bagize uruhare mu rugendo rwanjye, umuryango wanjye ,inshuti zanjye ,abatoza bose ,abo twakinanye,abo twahanganye mu kibuga,abafana,abayobozi b'amakipe, mwarakoze .
Ubutumwa Aristide Mugabe yanyujije kuri X
Bigaragara ko muri 2007 , aribwo Aristide yatangiye gukina, ahera mu ikipe ya Rusizi Basketball club , uyu muri 2009 yahise yerekeza muri Espoir ahamara imyaka 6, muri 2015 yerekeza muri Patriots , muri iyi kipe yahamaze imyaka 7, maze muri 2023 ahava yerekeza muri Kelper Basketball Club, uyu mugabo kandi yakiniye ikipe y'igihugu y'u Rwanda imyaka 11, kuva muri 2011 kugeza muri 2021, ubwo yasezeraga.
Kubera icyubahiro ikipe ya Patriots igomba Aristide Mugabe, ubwo yayivagamo muri 2023, iyi kipe yahisemo kubika bya burundu nimero 88 yambaraga, kuburyo nta muntu uzongera kuyambara muri iyi kipe , mu ikipe y'igihugu ho akaba yari azwi kuri nimero 8 yambaye imyaka myinshi.
Ubwo yavaga muri Patriots iyi kipe yahise ibika nimero 88 yambaraga
Aristide yakiniye ikipe y'igihugu imyaka 11 anayibera Captain