• Amakuru / POLITIKI

 

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 12 Gashyantare, Abapolisi b’u Rwanda bagize itsinda RWAFPU3-7 bageze ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, bavuye mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), aho bari bamaze igihe kingana n'umwaka.

Iri tsinda ryiganjemo umubare munini w’abapolisikazi bari bayobowe na Senior Superintendent of Police (SSP) Devotha Nyinawumuntu, basimbuwe na bagenzi babo bagize itsinda RWAFPU3-8 riyobowe na Senior Superintendent of Police (SSP) Donatha Iribagiza, nabo bazamara igihe kingana n’umwaka muri icyo gihugu.

Ubwo bageraga ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, bakiriwe na Commissioner of Police (CP) Yahaya Kamunuga, wari uhagarariye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, abifuriza ikaze, abashimira imyitwarire n’akazi keza bakoze kinyamwuga.

Yagize ati: “Murakaza neza mu rwababyaye, ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda burabashimira umurava, ubwitange, indangagaciro, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byabaranze bikabafasha kuzuza neza inshingano zanyu bityo mugahesha ishema igihugu.”

SP Vincent Rubimbura wari Umuyobozi Wungirije w’itsinda rivuye mu butumwa bw’amahoro, yavuze ko mu gihe bahamaze uretse ibyo bakoraga nk’inshingano, banakoze ibikorwa bitandukanye bigamije iterambere no kuzamura imibereho myiza y'abo bari bashinzwe kurinda byaba ibyo bakoze ubwabo n’ibyo bafatanyijemo n’abandi bakozi b’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’abaturage bari bashinzwe gucungira umutekano.

Yagize ati: “Kubungabunga amahoro ducungira umutekano abaturage bakuwe mu byabo n’intambara muri Sudani y’Epfo niko kari akazi k’ibanze, ariko si ibyo gusa twari dushinzwe by’umwihariko mu gihe kingana n’umwaka tuhamaze kuko hari n’ibindi bikorwa twakoze bijyanye n’iterambere ku baturage twari dushinzwe kurinda birimo; umuganda rusange, ubuvuzi, gusana amashuri, kubagezaho amazi meza, gutanga inzitiramibu no gufasha abanyeshuri batishoboye tubaha ibikoresho by’ishuri birimo amakayi, amakaramu ndetse n’ibikoresho by’isuku n’ibindi bitandukanye.”

SP Rubimbura yakomeje avuga ko usibye ibikorwa byo gucungira umutekano abaturage b’abasivili no kurinda ibikorwaremezo n’ibikoresho byifashishwa n’Umuryango w’Abibumbye, abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu banakorana n’abaturage baho ibikorwa bitandukanye bituma barushaho kubagirira icyizere no kugaragaza ubufatanye.

 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments