Guhera tariki ya 09-13/02/26, Polisi y’ u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali ifatanije n’inzego z’ibanze, abakozi b’ikigo gishinzwe ibiribwa (FDA) ndetse n’abaturage yakoze ibikorwa byo gufata inzoga zitujuje ubuziranenge ndetse na kanyanga mu Mirenge itandukanye igize umujyi wa Kiagli.
Mu minsi itanu gusa hamaze
gufatwa Litiro ibihumbi cumi na birindwi na Magana inani na mirongo inani
n’icyenda (17889 L), na Litiro mirongo inani ni icyenda (89L) za kanyanga,
hafatwa abakoraga izi nzoga 189, muribo 11 bakorewe amadosiye bajyanwa mu rwego
rw’ubugenzacyaha RIB kuko bagaragaweho ibyaha bagomba gukurikiranwaho birimo
guhimba ibyangombwa no gukoresha bimwe mu bikoresho bishobora kugira ingaruka
za kwica abaturage, abandi baciwe amande y’ubuyobozi agenwa na njyanama y’umujyi wa Kigali,
banihanangirizwa ko batazongera gukora izi nzoga zitujuje ubuziranenge.
Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa
Kigali CIP Wellars Gahonzire yatangaje ko Iki gikorwa cyo gufata izi nzoga
zitujuje ubuziranenge cyakozwe nyuma yaho bigaragaye ko izi nzoga zigira
ingaruka ku buzima bw’abaturage, harimo ko abazinyweye hari ubwo zibica cyangwa
abandi bakagira uburwayi buhoraho nko guhuma ndetse n’izindi ndwara
zitandukanye kuko usanga zikorerwa ahantu hari umwanda kandi zikanakorwa no mu
bintu usanga byakwangiza ubuzima bw’abaturage harimo, amabuye, itabi, ibyitwa
Melace usanga byaragenewe kuribwa n’amatungo.
Inzoga z’inkorano zifatwa
nk’ibiyobyabwenge byoroheje ziri mu bituma ibyaha byiyongera kuko abenshi mu
bazinywa ari bo bakunze kugaragara mu bikorwa bihungabanya umutekano, birimo
ubusinzi bukabije, gukubita no gukomeretsa rimwe na rimwe no kwicana, ndetse no
guhungabanya ituze ry’abaturage.
Inzoga zose zafashwe zangirijwe mu
ruhame nyuma yo gusobanurira abaturage ububi bwazo ku buzima, ndetse no
kwihanangiriza abaturage kwirinda kuzikora ndetse no kuzinywa, banibukijwe
kandi ko bagomba gutanga amakuru ku bantu bazikora bagafatwa bagahanwa.
Polisi y’ u Rwanda irihanangiriza
abaturage bishora mu bikorwa byo gukora ibinyobwa bitujuje ubuzirange kubireka
bagashaka ibindi bakora kuko bahagurikiwe, iranihanangiriza abashinze inganda
zo gukora izi nzoga kandi badafite ibyangomwa cyangwa ababihimba kubireka,
ushaka gushinga uruganda rukora ibinyobwa agaca mu nzira zemewe, Polisi
isoza yibutsa ko ibikorwa byo gufata abakora ibinyobwa bitujuje ubuziranenge bikomeje.