• Imyidagaduro / IBITARAMO

Buri mwaka ku itariki ya 14 Gashyantare hizihizwa umunsi wahariwe abakundana, Saint Valentin, aho mu bihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda usanga abasore n’inkumi bakundana bakoze iyo bwabaga ngo bashimishe ababo. Umunyamakuru wa BTN Rwanda  yabateguriye ahantu heza muri Kigali   ushobora gusohokana umukunzi wawe mukaryoherwa ku munsi wa St Valentin

N'ubwo ariko ari hake cyane twabahitiyemo benshi barabizi ko muri Kigali hari ahantu hanyuranye ho gusohokera ari nayo mpamvu byibuza mu rwego rwo kugerageza gufasha abasomyi bacu tubarangira hake muri aho haba hari ibintu by’umwihariko byagufasha kuryoherwa n’uyu munsi mu gihe waba wasohokanye n’umukunzi wawe.

Kigali Universe

Muri Kigali Universe ni hamwe  mu nzu  zakira ibikorwa byinshi by’Imyidagaduro hazwiho  kwakira  ibitaramo byinshi by’abahanzi batandukanye muri iki gihe  isi yose iri kwitegura  umunsi wahariwe abakundanye  aho hazabera igitaramo cya Yvan Muziki azamurikiramo alubumu ye ya mbere yise Inganzo ntahangarwa igitaramo azafatanya n’abahanzi Kidumu,Intore Massamba ,Jules Sentore ,Marina n’abandi aho bazafasha bakunda kwizihiza neza umunsi wa St Valentin


Wakanda

Wakanda ani kamwe  mu tubyiniro dukunzwe cyane gaherereye muri Kabeza  kuri iyi St Valentin babateguriye igitaramo bise Valentine’s Single  Connect  aho abakundana bazataramirwa n’aba dj benshi batandukanye .


Gabriella Events

Gabrielle Events hazwiho gutegura ibirori bitandukanye  bihuz abantu naho ni hamwe mu hantu  kuri  uyu munsi w’abakunda babateguriye igitaramo cy’ijoro rya abakunada bise Romantic Night Hub aho abakunda bagirana ibiganiro  byinshi  byerekeye ku rukundo ndetse banasangire .


Movenpick Hotel ni imwe  mu mahoteli akunzwe cyane kandi agezweho kuko nibwo  igifungura naho  kuri St Valentin hazabera igitaramo cyiswe  Charmes de St Valentin kizaririmabo  umuhanzikazi Princess Lover uzwi cyane mu ndirimbo Mon Soleil .


Paddock Lounge 

Paddock Lounge ni kamwe mu tubyiniro  dukunzwe cyane muri iyi minsi n’urubyiruko kubera  ibirori  byinshi bategura birimo gutumira abahanzi batandukanye  n’ibindi byamamare bikomeye hano mu Rwanda 

Kuri St Valentin babateguriye igitaramo cyatumiwe umuhanzi Social Mula  mu gitaramo bise Masquerade Mysteries Lovers Edition aho abakundana benshi bazabasha kwizihiza mu byishimo.


El Classico Beach Chez  West

El Classico Beach Chez  West abatemberera mu mujyi wa Rubavu  baturutse mu bice  bitandukanye by’u Rwanda bahazi kubera ifi yahoo  n’inkoko  biryoha cyane nabo ntibibagiwe abanyarubavu ndetse n’abazasohokana n’abakunzi babo  kuko babateguriye  igitaramo bise Classico  Valentine’s Day aho abazahasohokera bazataramirwa n’abadj bakomeye mu mujyi wa Rubavu  ,ndetse bakanasangira Ifi n’ibinyobwa bitandukanye  kuri Promotion.


Home Food Resto and Bar

Home Food Resto and Bar ni ahantu hamwe mu hagezweho hano mu mujyi wa Kigali kuri St Valentin umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya Lorie yateguye umugoroba w’abakundana mu gitaramo yise Kigali Valentin’s Gala  aho  azaba ri kumwe n’abahanzi batandukanye ndetse bakansangira  amafunguro atandukanye muri  uwo  mugoroba w’abakundana

 

 

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments