Mu gihe Polisi y’igihugu iburira abagenzi n’abatwara ibinyabiziga bugama munsi y’ibiraro n’ibiti mu gihe imvura igwa ko bagomba kubireka,mu mujyi wa Kigali hari abavuga ko utuzu tw’abagenzi ku mihanda tudahagije bagasaba ko twakongerwa kugira ngo bajye babona aho bugama.
Aba ni abaganiriye
na B PLUS TV bavuga ko hakenewe ubukangurambaga ngo abantu bamenye uko birinda
ibiza biterwa n’imvura ngo ariko nanone utuzu twagafashije abagenzi n’abatwara
ibinyabiziga kubona aho bugama mu mujyi wa Kigali ntiduhagije ibituma bugama
aho babonye mu gihe imvura ikubye bagasaba ko hagira igikorwa.
Umuvugizi wa
Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire avuga ko abantu bakwiye
kwirinda ibiza by’imvura birinda kugama aho babonye nko munsi y’ibiti,ibiraro
n’ahandi. Ku kijyanye n’utuzu abagenzi basaba avuga ko icyo nacyo kigiye
gukorerwa ubuvugizi.
Mu bice
bitandukanye mu mujyi wa Kigali mu gihe imvura iguye usanga hari benshi bugamye
munsi y’ibiraro munsi y’imikingo yegereye umuhanda n’ahandi ubona hashobora
guteza ibyago. Aha ni naho bahera basaba ko inzu abagenzi bugamamo ku mihanda
zakongerwa ndetse n’izisanzwe zigasanwa kuko hari ubwo zimwe zibavira iyo
imvura igwa.
Ikigo
cy’igihugu cy’ibarurishamirabare NISR gitangaza ko abasaga magatanu mu gihe
cy’itumba bahitanwe n’ibiza by’imvura mu gihe kandi hari n’ibindi byangiritse
nk’amazu n’ibindi bikorwaremezo.
Meteo Rwanda
itangaza ko imvura iteganyijwe mu gihe kiri imbere iri hejuru y’impuzandengo
isanzwe ku buryo bisaba abantu kwitwararika.