Umusizi Rumaga yateguye iserukiramuco yise Siga Art Festival rizahuruza hamwe abahanzi barimo Element, Christopher, Kevin Kade, Alyn Sano, na Riderman na bandi benshi yatangaje ubwo yari mu gitaramo cy’iseka rusange cya Gen-Z comedy ku mugoroba wo kuri uyu wa kane
Iri
serukiramuco rigiye kuba ku nshuro yaryo ya mbere, rizabera mu Karere ka Huye
kuva ku wa 19 kugeza ku wa 21 Werurwe, rikazajya riba ngaruka mwaka ndetse
rikazenguruka igihugu. Uyu mwaka w’itangiriro, ibikorwa byose bizabera i Huye,
mu rwego rwo guha agaciro aka karere gafatwa nk’igicumbi cy’amateka n’umuco w’u
Rwanda.
Kwamamaza
abahanzi bazaririmba byamaze gutuma benshi batangira kwitegura ibirori.
Element, umaze kwigaragaza cyane mu njyana ya Afro na R&B, ategerejwe ku
rubyiniro azanye imbaraga ze zidasanzwe mu gususurutsa abakunzi b’umuziki.
Christopher,
uri mu bahanzi bafite amateka akomeye mu muziki nyarwanda, na we azaba ari mu
bazasusurutsa abazitabira iri serukiramuco, aho biteganyijwe ko azaririmba
zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe cyane.
Bwiza, umwe
mu bahanzikazi bagezweho kandi bakurura imbaga y’urubyiruko, azaba ahagarariye
imbaraga z’abagore mu muziki cyo kimwe na Alyn Sano. Ni mu gihe Riderman, umwe
mu baraperi bafite izina rikomeye mu Rwanda, azaba agaragaza ko Hip Hop
nyarwanda ikomeje kugira ijambo rikomeye ku rubyiniro.
Uretse aba,
ku rutonde hagaragaraho n’abandi bahanzi n’amatsinda y’imyidagaduro n’urwenya,
bigaragaza ko iri serukiramuco ritagamije umuziki gusa, ahubwo ari urubuga
ruhuriza hamwe ingeri zitandukanye z’ubuhanzi nserukarubuga.
Ku rutonde
rw’abandi bahanzi n’abanyarwenya bazasusurutsa abazitabira hariho kandi: Rumaga
Junior, Massamba Intore, Kevin Kade, Christopher Muneza, Juno Kizigenza, Mani
Martin, Titi Brown, Fally Merci, Rusine, Jules Sentore, Diez, Niyitegeka Gratien
wamamaye nka Papa Sava, Dola, Bwiza, Ibyanzu (itsinda), abanyarwenya ba Gen Z
Comedy n’abandi,
Rumaga mu
kiganiro na BTN Rwanda yatangaje ko Siga
Arts Festival igamije guhuriza hamwe abahanzi b’ingeri zitandukanye zirimo
ubusizi, umuziki, imbyino, ikinamico n’ibindi, hagamijwe gusangira no kwizihiza
ubuhanzi nk’umusingi w’umuco n’iterambere.
Yavuze ko
buri mwaka iri serukiramuco rizajya ritangirira i Huye, rikamara iminsi itatu,
rikazajya risozwa ku ya 21 Werurwe, umunsi mpuzamahanga wahariwe ubuhanzi. Gusa
ibikorwa bishobora kuzajya bizenguruka n’utundi turere, mu rwego rwo kwegera
abaturage benshi kurushaho.
Ati: “Ni
iserukiramuco rizajya rizenguruka igihugu, ariko Huye ni ho rizajya ritangirira.
Turashaka ko ubuhanzi buva mu nzu z’imyidagaduro gusa bukagera no mu baturage
bose.”
Siga Arts
Festival ije yiyongera ku bindi bikorwa bigamije gushyigikira impano z’abahanzi
no kubaha urubuga rwo kwigaragaza. Kuba ritangiriye mu Ntara y’Amajyepfo
byitezweho gufasha urubyiruko rwaho kubona amahirwe yo kwegera abahanzi
bakunzwe no kwigira kuri bo.
Iri
serukiramuco ritegerejwe nk’intambwe ikomeye mu kubaka urubuga ruhoraho
rw’ubuhanzi, aho impano zitandukanye zizajya zigaragazwa, zigahabwa agaciro,
kandi zigafasha mu gukomeza kubaka isura y’u Rwanda nk’igihugu giha umuco
n’ubuhanzi umwanya ukwiye.
Abakunzi
b’umuziki n’ubuhanzi muri rusange biteze iminsi itatu yuzuye ibyishimo,
kwishimira impano z’abahanzi no gusangira indangagaciro z’umuco nyarwanda i
Huye.