Umunyamuziki
w’icyamamare ku rwego rw’isi, Doja Cat, azataramira mu gitaramo cya Move Afrika
kizabera muri BK Arena ku wa 17 Werurwe 2026.
Iki gitaramo
gitegurwa na Global Citizen, umuryango mpuzamahanga uzwi mu kurwanya ubukene
bukabije, mu bufatanye na pgLang, kikaba kigamije guteza imbere ubukungu
bushingiye ku muziki muri Afurika.
Move Afrika, imaze imyaka itatu itegura ingendo z’abahanzi bakomeye ku mugabane
wa Afurika, igamije gushyiraho uburyo bwihariye bwo gukorera ibitaramo mu
bihugu bitandukanye bya Afurika.
Ku wa 17 Werurwe 2026, Kigali izakira igitaramo cya mbere, mbere y’uko urugendo
rukomereza mu Mujyi wa Pretoria ku wa 20 Werurwe 2026, muri Afurika y’Epfo, aho
Doja Cat azataramira.
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Doja Cat yavuze ko “Guhera ku mizi yanjye ya
Afurika y’Epfo kugera ku rwego rw’isi, tuzazana imbaraga, intego, n’impinduka
nyazo muri Move Afrika i Kigali na Pretoria. Si urugendo gusa, ni urugamba rwo
guhanga akazi n’amahirwe azamara igihe kirekire.”
Yakomeje avuga ko iyi gahunda igaragaza ko “Afurika itasigaye inyuma, ahubwo
iriho kandi yiteguye guhanga udushya ku isi yose.”
Move Afrika 2026 izakomeza kongera amahirwe y’akazi mu Rwanda, aho abakozi
barimo abahanzi, abakozi b’ibitaramo, n’abashoramari b’imbere mu gihugu
bazahurizwa hamwe.
Mu myaka yashize, Move Afrika yaragize uruhare mu gutanga akazi ku bantu
barenga 2,500 i Kigali na Lagos, aho abakozi b’imbere mu gihugu barimo 90%
by’abakora ibikorwa byose bya tekiniki n’icapiro ry’amajwi n’urumuri.
Jean-Guy Afrika, Umuyobozi Mukuru wa RDB, yashimiye Move Afrika kugaruka mu
Rwanda.
Ati “Iki gikorwa gifasha mu guteza imbere urwego rw’imyidagaduro mu gihugu no
gutanga amahirwe y’akazi ku rubyiruko, ndetse kikanatanga inyungu z’igihe
kirekire ku gihugu n’umugabane wose.”
Move Afrika 2026 izibanda kandi ku guteza imbere ubuvuzi n’imiyoborere
y’ubuzima muri Afurika.
Mu gihe cyo gutegura ibitaramo, hazashyirwaho ibikorwa bigamije gushishikariza
abategetsi gushora imari mu buvuzi bw’ibanze, uburenganzira ku buzima
bw’imyororokere, no kugabanya imbogamizi z’amafaranga ku buzima rusange.
Move Afrika igamije guha amahirwe abahanzi n’abafatanyabikorwa b’imbere mu
gihugu, gushora imari mu bikorera ku giti cyabo, no kuzamura urwego rw’umuziki
w’Afurika ku rwego rw’isi.
Ibi bitaramo ni igikorwa kinini gihuza impano nyinshi, ibikorwa by’ubukungu,
n’imiyoborere myiza y’amasoko y’umuziki, bityo bigatera imbere urwego
rw’ubuhanzi ndetse n’ubukungu muri rusange.
Doja Cat azifatanya n’abahanzi batandukanye mu gitaramo cya Move Afrika:
Kigali, mbere yo gukomeza urugendo rwe muri Move Afrika: Pretoria muri Afurika
y’Epfo ku wa 20 Werurwe 2026.
Like This Post? Related Posts