Inkuru ikomeje kugarukwaho ni iy'umurambo w'umugore wiyahuye maze mu gihe abo mu muryango we
bari bagiye kumushyingura bikabanga mu nda umurambo bakawukura mu mva bakajya
kuwurambika kwa se bukwe akaba ari ho urara kugeza inzego z'ubuyobozi
n'itangazamakuru babyinjiriyemo.
Byabereye mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Remera mu kagari ka Bushobora mu
mudugudu w'Agatarama.
Byatangiye ku wa 13 Gashyantare 2026 ubwo umugore witwa Uwase Sandrine uri mu
kigero cy'imyaka 24 y'amavuko yavaga i Nyagatare akaza gusura umugabo bigeze
kubana nk'umugore n'umugabo aho yari aje ngo bishimane ku munsi w'abakundanye
ariko yahagera agasanga uyu mugabo ari kumwe n'undi mukobwa, ibyo yahise abonamo ko kumuca inyuma.
Abahaye BTN amakuru bavuze ko uyu mugore yahise ananirwa kwiyakira bituma ajya
gushaka ibinini byo kwiyahura abivanga n'umutobe witwa Energie arangije ajya
kwa Se w'uwo mugabo (Sebukwe utemewe n'amategeko) abatekerereza ibimubayeho mu
gihe yari yiteguye kwinjirana n'umuhungu wabo mu munsi w'abakundanye.
Bakomeza bavuga ko nyamugore yabwiye ba Sebukwe ko atari bubyihanganire maze
ahita yiyahuza bya binini nabo babonye ko biri kumugaragura bamujyana kwa
muganga ariko ku bw'amahirwe make bamugezayo yamaze gupfa.
Amaze gupfa abo mu muryango we bateguye imihango yo kumushyingura ndetse
iranatangira ariko bageze ku irimbi bihinduka induru nyuma y'uko hazamuwe
ikibazo cy'uburyo bari kumwishyinguza abo kwa Se w'umuhungu (Kwa sebukwe)
batagize icyo babafasha.
Izo nduru zo ku irimbi zabaga ubwo abandi bizihizaga umunsi w'abakundanye
zashojwe aba bari bagiye gushyingura banzuye gukura umurambo mu mva bari bamaze
kumanuramo barawujyana bawurambika ku muharuro wo kwa Se w'umukunzi wa
nyakwigendera maze baritahira.
Inzego z'ubuyobozi n'itangazamakuru bamenye iby'aya makuru y'umurambo waraye hanze mu isanduka kuri uyu wa 15
Gashyantare 2026 bahise bajyayo maze ubuyobozi bw'umurenge butanga amafaranga
yo kwishyura irimbi ari nayo yari yabaye intandaro yo guhagarika imihango umurambo ugakaurwa mu mva.
Ubuyobozi bw'uyu murenge bwaboneyeho gutanga ubutumwa ku bawutuye ko
abashakanye bakwiye gusezerana bakabana mu buryo bwemewe n'amategeko mu rwego
rwo kwirinda amakimbirane.