Leta ya
Nigeria yakiriye itsinda rya mbere ry’ingabo 200 za Leta Zunze Ubumwe za
Amerika zigiye gufatanya n’ingabo z’iki gihugu mu rugamba rwo kurwanya imitwe
y’iterabwoba imaze igihe ihungabanya umutekano mu majyaruguru ashyira
uburasirazuba bwa Nigeria.
Aya makuru
yemejwe n’Umushakashatsi mu bijyanye no kurwanya iterabwoba mu karere ka Sahel,
Brant Philp, Uyu mugabo yanyarukiye ku rubuga rwa X atangazwa ko ku Cyumweru
tariki ya 15 Gashyantare 2026, aribwo ingabo za Amerika zakiriwe na Leta ya
Nigeria.
Gusa
yagaragaje ko izi ngabo zitangiye kujya ku mirongo y’imbere ku rugamba ahubwo
zigiye gutanga imyitozo n’amahugurwa ya gisirikare bizafasha ingabo za Nigeria
guhashya imitwe yitwaje intwaro yibasiye igihugu.
Brant Philp
yavuze ko ingabo za Amerika zigiye no kugenzura neza niba ibikoresho bya
gisirikare Nigeria yahawe birimo gukoreshwa neza uko bikwiye.
Ibitangazamakuru
byo muri Nigeria nabyo byemeje iby’iyi nkuru bitangaza ko indege z’igisirikare
cya Amerika zo mu bwoko bwa C-17A zikomeje kugwa ku bibuga by’indege bya
gisirikare bitatu bitandukanye muri Nigeria birimo Kainji, Maiduguri yugarijwe
n’ibitero by’imitwe yitwaje intwaro.
Kugeza ubu
ntiharatangazwa igihe icyiciro cya kabiri cy’izi Ngabo za Amerika zizagerera
muri Nigeria .
Ubufatanye
bwa gisirikare hagati ya Nigeria na Leta Zunze Ubumwe za Amerika buje mu gihe
umutekano mu bice bimwe na bimwe by’iki gihugu ugikomeje kuba ikibazo gikomeye,
aho abaturage bakomeje kugabwaho ibitero ndetse bamwe bakaba barimo no
kuburiramo ubuzima.
Kuva mu
mwaka ushize, Perezida Donald Trump wa Amerika yamaganye ibitero by’iyi mitwe
bikunze kugaragaramo ubushimusi, asobanura ko byibasira abakirisitu gusa.
Yashinje
Leta ya Nigeria kutagira icyo ibikoraho.Mu ijoro rya tariki ya 26 Ukuboza 2025,
ingabo za Amerika zagabye igitero ku birindiro by’umutwe w’iterabwoba
ushamikiye kuri Islamic State muri Leta ya Sokoto iri mu majyaruguru ya
Nigeria, bivugwa ko byasenyewemo ibikorwa byinshi by’ibyihebe.
Umuvugizi
w’ingabo za Nigeria, Gen Maj Samaila Uba, yatangarije ibiro ntaramakuru Reuters
ko igihugu cyabo cyasabye Amerika kucyoherereza abasirikare ko kugifasha
guhangana n’iyi mitwe.
Like This Post? Related Posts