Abakinnyi
babiri babiciye bigacika mu mukino w’iteramakofi
ndetse banafite amateka muri uwo mukino
Mike Tyson na Floyd
Mayweather Jr bateguje umukino
utegerejwe na benshi uzabahuza tariki ya
25 Mata 2026 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Mike Tyson
ufatwa nka kizigenza mu cyiciro cya Heavyweight na Floyd Mayweather bombi nubwo nta makuru menshi baratangaza
kuri uwo mukino ukomeje kuvugisha
benshi ku mbuga nkoranyambaga hari abandi
bamaze kubyemeza .
Umunyamakuru
Mike Coppinger ukorera ikinyamakuru Ring Magazine
yabitangaje ubwo yari mu kiganiro Talk
Sport
Yagize ati’
uyu mukino uzaba ari uwo kwiyerekana si uw’amarushanwa asanzwe, bivuze ko utazabarirwa
mu mibare y’imikino y’umwuga ya buri mukinnyi. Tyson, w’imyaka irenga 50, amaze
imyaka atagaragara cyane mu mikino y’amarushanwa, mu gihe Mayweather we azwiho
gukora imikino y’imyiyereko mu bihugu bitandukanye kuva yasezera ku mukino
w’umwuga adatsinzwe.
Nuramuka
ubaye, uyu mukino uzaba ari igikorwa gikomeye ku ruhando rwa siporo muri RDC,
ushobora gukurura abafana benshi b’iteramakofe ku rwego mpuzamahanga.
Like This Post? Related Posts