Umutwe wa AFC/M23 ufatanyije n’abarwanyi ba Twirwaneho, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Gashyantare 2026, bigaruriye agace ka Point-Zéro ko muri Teritwari ya Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko aka karere kari kamaze
ibyumweru bibiri kagenzurwa n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi
ya Congo (FARDC), mbere y’uko kongera kwisubizwa n’abo barwanyi.
Ibi
bibaye nyuma y’imirwano ikomeye yabaye ku wa Mbere, aho AFC/M23 na Twirwaneho
bahanganye n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Kinshasa, zirimo iza
FARDC, ingabo z’u Burundi, iza Tanzania, umutwe wa Wazalendo ndetse
n’abacanshuro.
Amakuru
agaragaza ko muri iyo mirwano hakoreshejwe drone nyinshi z’intambara ku ruhande
rw’ingabo za Leta, gusa bamwe mu bahari bavuga ko hari izarashwe zigahanurwa.
Kwigarurira
aka gace kwa AFC/M23 bibaye mu gihe hari hashize iminsi impande zombi zivuga ku
kubahiriza agahenge kasabwe n’abayobozi bo mu karere, ariko imirwano igakomeza
mu duce dutandukanye twa Kivu y’Amajyepfo.
Point-Zéro
ni agace gafite akamaro mu bijyanye n’ingendo n’igenzura ry’ahantu hatandukanye
muri Teritwari ya Fizi, ari na yo mpamvu gakomeje kubera indiri y’imirwano
hagati y’impande zihanganye.
Imirwano
ikomeje gutuma abaturage bahunga ingo zabo, mu gihe impande zombi zishinjanya
kurenga ku masezerano agamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa RDC.