Sosiyete ya
serivisi z’imari zikoresha ikoranabuhanga ya MTN MoMo yatangaje ku mugaragaro
ko igiye gutera inkunga irushanwa mpuzamahanga ry’amagare rya Tour du Rwanda,
rimwe mu marushanwa akomeye akurikirwa cyane mu Rwanda no ku mugabane wa
Afurika.
Ibi
byatangajwe mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Gashyantare 2026 , aho abayobozi
ba MoMo Rwanda bagarutse ku ntego yo gukomeza guteza imbere siporo no gufasha
abaturage kugera ku serivisi z’imari zibafasha kwiteza imbere.
Umuyobozi
Ushinzwe Ubucuruzi muri Mobile Money Rwanda, Musugi Jean Paul, yavuze ko ari ku
nshuro ya gatatu bitabiriye iri siganwa, yagize ati dutewe ishema kuba MoMo ari umuterankunga wa
Tour du Rwanda. Iyi ni intambwe igaragaza umuhate wacu mu gushyigikira ibikorwa
bihuriza hamwe Abanyarwanda no guteza imbere impano n’ubukungu.”
Yakomeje
agira ati: Iyo dufatanyije, nta kitunanira; dufatanyije, iterambere rirushaho
kwihuta. “Ayo magambo agaragaza intego ya MoMo yo gukorana n’abafatanyabikorwa
batandukanye mu guteza imbere siporo n’iterambere ry’abaturage.
Musugi yagaragaje kandi ko intego ari ukongera
umubare w’abakoresha serivisi za Mobile Money. Ati: “Turashaka ko abakoresha
serivisi zo guhana amafaranga mu buryo bw’ikoranabuhanga biyongera, kuko ubu
dufite abarenga abakabakaba miliyoni 7
Perezida wa
FERWACY, Ndayishimiye Samson, yashimye ubufatanye bwa MoMo Rwanda. Ati: “Aya ni
amahirwe akomeye yo guteza imbere Tour du Rwanda no kuyizamura ku rwego
mpuzamahanga.”
Tour du Rwanda ni irushanwa rimaze kuba ikimenyabose mu Rwanda, rikurura amakipe mpuzamahanga n’abakinnyi b’amagare baturutse hirya no hino ku isi. Kuba MoMo ari umwe mu baterankunga baryo byitezweho kongera imbaraga mu micungire yaryo no kurushaho kurigeza ku rwego mpuzamahanga.
Abasesenguzi
bavuga ko ubufatanye nk’ubu bufite akamaro kanini mu guteza imbere siporo,
ubukerarugendo ndetse n’ubukungu bw’igihugu muri rusange. Irushanwa rya Tour du
Rwanda risanzwe rifasha mu kugaragaza isura nziza y’u Rwanda, rikanateza imbere
ubucuruzi n’ishoramari.
MoMo imaze
igihe igira uruhare rukomeye mu korohereza Abanyarwanda koherezanya no kwakira
amafaranga hifashishijwe telefoni, kwishyura serivisi zitandukanye no guteza
imbere ubucuruzi buciriritse.
Binyuze muri
ubu bufatanye na Tour du Rwanda, MoMo igaragaza ko itagarukira gusa mu gutanga
serivisi z’imari, ahubwo ko inashora imari mu bikorwa byubaka ubumwe,
bishishikariza urubyiruko no guteza imbere igihugu.