• Imikino / FOOTBALL

Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda n’amakipe arimo APR FC, Rayon Sports na Kiyovu yatangaje ko asezeye umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga kubera imvune ikomeye yagize mu myaka itatu ishize.

Ibi Kimenyi Yves yabitangarije mu itangazo yashyize ahagaragara aho yavuze ko gukina ruhago ari ibintu yatangiye ari umwana muto muri 2012 kubera inzozi n’urukundo rw’umukino, aho yahereye mu Isonga FC akanyura muri APR FC mbere yo kujya muri Rayon Sports mu 2019 yamazemo amezi atandatu akahava ajya muri Kiyovu Sports.

Kimenyi Yves wavuye muri Kiyovu Sports ajya muri AS Kigali yanakomoje ku mvune ikomeye yagiriye muri iyi kipe mu Ukwakira 2023 ubwo Musanze FC yari yakiriye AS Kigali aho yavuze ko ariyo yatumye ajya kure ya ruhago kugeza uyu munsi mu gihe we yakoze ibishoboka byose ngo abe yagaruka mu kibuga.

Kimenyi Yves yakiniye APR FC imyaka itanu hagati ya 2014 na 2019 ubwo yajyaga muri Rayon Sports muri Nyakanga nayo yavuyemo mu Ukwakira 2020 ajya muri Kiyovu Sports yabayemo kugeza muri Nyakanga 2023 ubwo yerekezaga muri AS Kigali ari nayo asorejemo gukina ku myaka 33 y’amavuko.

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments