Mu Karere ka Kirehe, mu Murenge wa Gatore, habereye impanuka ikomeye y’ikamyo yahitanye ubuzima bw’umushoferi wari uyitwaye.
Iyi
mpanuka yabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere, tariki ya 23
Gashyantare 2026, ahagana Saa 01h30 z’igicuku. Yabereye mu Mudugudu wa Cyunuzi,
mu Kagari ka Cyunuzi, mu Murenge Gatore, mu Karere ka Kirehe, mu Ntara
y’Iburasirazuba, ahantu hasanzwe humvikana impanuka z’amakamyo zikunze no
gutwara ubuzima bw’abantu.
Amakuru
atangwa na Polisi agaragaza ko iyo kamyo yageze mu ikorosi, umushoferi
agerageza kuyikata ariko biramunanira, imodoka irenga umuhanda. Kubera ubukana
bw’iyo mpanuka, yahise ahasiga ubuzima. Uyu mushoferi wari wenyine mu modoka
yari Umunyarwanda.
Umuvugizi
wa Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel
Kayigi, yavuze ko impamvu zishobora kuba zarateye iyi mpanuka zirimo umunaniro,
umuvuduko ukabije cyangwa gusinzira.
Yagize
ati:“Bishobora guterwa n’umunaniro kuko yari asanzwe ahamenyereye. Kugira ngo
imodoka irenge umuhanda hashobora kubamo umuvuduko, umunaniro cyangwa
yasinziriye kimwe muri ibyo.”
Polisi
yongeye kwibutsa abatwara ibinyabiziga binini cyane cyane amakamyo, ko bakwiye
kwirinda gutwara bananiwe no kwihutisha imodoka, kuko izo modoka zisaba
ubushishozi n’imbaraga nyinshi mu kuzigenzura, cyane cyane mu makorosi.
Yanagaragaje
ko hari abashoferi bavuga ko bakorera ku gitutu cya ba nyiri ibinyabiziga,
batinya kugaragaza ko bananiwe cyangwa bafite ibibazo by’ubuzima kugira ngo
batatakaza akazi. Polisi isanga ari ngombwa ko ba nyiri imodoka baganira
n’abashoferi babo, bakabaha umwanya uhagije wo kuruhuka no kubitaho, kuko
kubirengagiza bishobora gushyira mu kaga ubuzima bwabo n’imitungo.
Ikindi
cyagarutsweho ni uko kuba umushoferi atwara wenyine bishobora kongera ibyago
byo gusinzira cyangwa gukomeza urugendo arwaye, kuko aba nta muntu bari kumwe
umuganiriza cyangwa umufasha mu gihe habaye ikibazo.
Polisi
yongeye gusaba abatwara amakamyo n’abandi bose bakoresha umuhanda kubahiriza
amategeko y’umuhanda, gufata akaruhuko gahagije no gushyira imbere ubuzima,
kuko kwirinda ari byo soko y’umutekano usesuye.
Impanuka
zo mu muhanda ni ikibazo gihangayikishije isi yose muri rusange bitewe n’uko
ziri mu biza ku isonga mu guhitana ubuzima bw’abantu benshi ku Isi, aho buri
mwaka abarenga miliyoni bahitanwa na zo, abandi bagakomereka.
Imibare
itangazwa n’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda,
igaragaza ko mu Rwanda haba impanuka zibarirwa hagati ya 13 na 15 Mu ntangiriro
z'Ukuboza 2025, Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano muri
Sena y’u Rwanda yerekanye ko imyitwarire y’abatwara ibinyabiziga mu muhanda iri
mu biteza impanuka yiganjemo abatwara ibinyabiziga barengeje umuvuduko,
abarangaye n’abatwara imodoka basinze byanatumye impanuka zirenga ibihumbi 41,
zihitana ubuzima bw’abantu 2907.
Mu
mwaka wa 2024-2025, imwe mu mibare igaragazwa na Polisi y’u Rwanda y’ibihano ku
byaha bakoze mu muhanda igaragaza ko abantu 409.148 barengeje umuvuduko batwaye
ibinyabiziga mu gihe 94.843 bafashwe batwaye imodoka barangaye.
Ni
imibare kandi yerekana ko abantu 9.169 bafashwe batwaye imodoka basinze, 6.525
bafatwa batwaye ibinyabiziga bidafite ubwishingizi, 6.525 bafatwa batwaye
imodoka nta ruhushya rwo gutwara ibinyabiziga bafite (permis de conduire).
Ku
rundi ruhande abatwara moto 19.746 bafashwe bishe amategeko y’umuhanda mu gihe
55.291 by’abatwaye amagare batubahirije amategeko y’umuhanda.
Impanuka
zo mu muhanda nazo zikomeje kwiyongera kuko guhera mu 2022 kugeza mu Ukwakira
2025, habayeho impanuka 41.164 zahitanye abantu 2907.
Nko mu 2022 habayeho impanuka 8.660 zaguyemo abantu 676, mu 2023 haba impanuka 9.995 zigwamo abantu 761, mu 2024 habaho impanuka 12.189 zigwamo abantu 751 mu gihe mu 2025 hamaze kuba impanuka 10.320 zaguyemo abantu 719. ku munsi.