Igitero cya
drone za FARDC yagabye kuri AFC/M23 cyabaye mu gitondo cya kare uyu munsi
cyahitanye umuvugizi wa gisirikare wa AFC/M23, Lt. Col Willy Ngoma .
Amakuru yizewe dukesha
Umunyamakuru wa BTN Rwanda uri I Goma
ni uko icyo gitero cyakomerekeje abandi
basirikare bamwe barokotse ku bw’amahirwe .
Lt. Col
Willy Ngoma , Umuvugizi wa Gisirikare wa AFC/M23 yahitanywe n’igitero cya
drone cyagabwe ku modoka zari zitwaye abasirikare mu gitondo cy’uyu wa kabiri
taliki 24 Gashyanytare 2026 nk’uko amakuru yizezwe atugeraho abivuga .
Leta ya
Kinshasa imaze iminsi micye itangiye ibitero, bikoresha drone n’ingabo zo ku
butaka.
FARDC,
wazalendo, ingabo z’Uburundi hamwe n’abacanshuro baturutse mu bihugu umunani
barimo gutera AFC/M23 icyarimwe ku mirongo myinshi y’urugamba.
Ibi bitero
binyuranyije n’agahenge k’intambara kari kemeranyijweho n’impande zombi I Doha
muri Qatar.
Willy Ngoma
wamenyekanye ubwo yagirwaga umuvugizi wa gisirikare wa M23 mu mwaka wa 2021
ubwo yahabwaga Ipeti rya Majoro .
Amakuru
aturuka mu nshuti ze za hafi nuko yavutse mu mwaka wa 1974 akaba asize umugore
n’abana batatu b’abakobwa
Like This Post? Related Posts