• Amakuru / MU-RWANDA

?

Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko ingamba zafashwe mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside zatangiye gutanga umusaruro ugaragara, aho mu mezi 12 ashize hafashwe abantu barenga 70 bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bari bamaze imyaka irenga 30 bihishahisha ubutabera.

Mu mwaka wa 2024, muri aka karere hagaragaye ubwiyongere bw’ibyaha n’ingengabitekerezo bifitanye isano na Jenoside. Ibi byatumye ubuyobozi bwongera imbaraga mu biganiro bigamije kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, ndetse no kuganiriza abafungiwe ibyaha bya Jenoside kugira ngo basobanurirwe ingaruka z’ibitekerezo n’imyitwarire yangiza.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Muzungu Gerald, yavuze ko isesengura bakoze ryagaragaje ko mu byatumaga ingengabitekerezo ya Jenoside izamuka harimo kuba hari abakoze Jenoside bakidegembya mu miryango.

Yagize ati:“Mu mezi 12 ashize tumaze gufata abarenga 70 bakoze Jenoside muri aka karere. No mu kwezi gushize hafashwe abari mu Mirenge ya Twumba na Mutuntu, bakoze Jenoside mu Bisesero, bari barakatiwe, ubu bakaba bafunzwe.”

Mu bafashwe harimo abari barahungiye mu tundi turere, aho bamwe basubiraga iwabo kubera ubuzima bubi cyangwa gusaza, ndetse n’abagiye batangwa na bagenzi babo bafatanyije ibyaha bari bamaze kurangiza ibihano.

Perezida wa Ibuka mu Karere ka Karongi, Ngarambe Vedaste, yashimye Leta y’u Rwanda yashyizeho icyumweru cy’ubudaheranwa, avuga ko cyagize uruhare rukomeye mu gukangurira abaturage kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no gutanga amakuru ku bakekwaho ibyaha.

Yagize ati:“Icyumweru cy’ubudaheranwa kigira akamaro cyane. Twazengurutse akarere kose dutanga ibiganiro bigamije kubaka ubumwe no gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside.”

Muri Nyakanga 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside byiyongereyeho 8,4% ugereranyije n’igihe nk’icyo mu mwaka wabanje.

Muri icyo gihe, RIB yakurikiranye amadosiye 253 ajyanye n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano na yo, akurikiranywemo abantu 246. Muri bo, abagabo ni bo benshi kuko bangana na 73,6%, mu gihe abagore ari 26,4%.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buvuga ko buzakomeza gushyira imbaraga mu bukangurambaga no mu gukorana n’inzego z’umutekano, kugira ngo hashyirweho uburyo burambye bwo gukumira no guhana abagaragaraho ingengabitekerezo ya Jenoside.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments