• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

 

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwongeye kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano, buhera ku wa Kabiri tariki ya 24 Gashyantare 2026 bugaba ibitero bikomeye mu bice bituwe cyane byo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’uwo mutwe, rivuga ko saa moya za mu gitondo neza (07h00), ingabo zifatanyije n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zatangiye ibitero byiswe iby’“ubugome kandi byateguwe” ku bice bya Kitendebwa, Kashihe na Kiduveri, biherereye mu karere ka Kalehe.

AFC/M23 ivuga ko ibyo bitero byibasiye cyane ahatuwe n’abaturage benshi, bityo bikaba bigaragaza ubushake bwo gukwirakwiza ubwoba n’akajagari mu basivili. Uwo mutwe ushimangira ko imirwano yakomeje no mu masaha yakurikiyeho, kandi ugahamagarira abaturage ba Congo kuba abahamya b’ibivugwa.

Kugeza ubu, ubuyobozi bwa Kinshasa ntiburagira icyo butangaza kuri ibi birego. Amakuru aturuka mu baturage bo muri ibyo bice avuga ko hari impungenge n’ihungabana rikomeje kugaragara, mu gihe bamwe batangiye guhunga ingo zabo bahunga imirwano.

Ibi bibaye mu gihe hari hashize iminsi havugwa ibiganiro n’imbaraga zigamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa RDC, ahakomeje kurangwa n’umutekano mucye umaze igihe kinini. Abasesenguzi bavuga ko kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano bishobora gukoma mu nkokora inzira y’amahoro no kongera umwuka mubi hagati y’impande zihanganye.

Abakurikirana ibibera muri aka karere bakomeje gusaba ko impande zombi zagira ubushishozi, zigashyira imbere kurinda ubuzima bw’abaturage no gusubukura ibiganiro bigamije amahoro arambye.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments