Kuri uyu wa
Mbere, Umunya-Espagne Marti Soriano Pau yegukanye agace kabiri ka Tour du
Rwanda 2026 kahagurukiye i Nyamata mu karere ka Bugesera kagasorezwa mu Mujyi wa
Huye kanganaga n’ibilometero 134 na metero 600 akoresheje amasaha atatu,
iminota icumi,amasegonda icumi n’ibyijana 30 akurikirwa n’Umunya-Eritrea Henok
Mulubrhan yarushije iby’ijana bibiri.
Isiganwa
rigitangira abakinnyi batanu bageragezaga kuva mu gikundi ariko igikundi gihita
kibagarura kiyobowe n’ikipe ya NSN Devo Team mu gihe abakinnyi bari bashatse
gusohoka bari barimo Miguel Heidemann ukinira ikipe ya Rembe Rad Net,
Nkundabera Eric ukinira ikipe y’u Rwanda, Uwiduhaye ukinira Benediction ndetse
na Martins na Sousa bakinira Localiza aho bari bashyizemo amasegonda icumi. Ku
kilometero cya gatanu, abakinnyi batatu barimo Miguel Heidemann, Martins na
Erasmus bongeye gusohoka mu gikundi bagisiga amasegonda 25. Muri iyi ntangiriro
y’aka gace, Umunyarwanda Uwiduhaye ukinira Benediction yahise ava mu gikundi
asigara asigwa amasegonda 30 n’abari bayoboye mu gihe bo barushaga igikundi
amasegonda 35.
Aba bakinnyi
batatu bayoboye isiganwa kirekire kugera mu Karere ka Huye mu gihe igikundi
nacyo cyakomeje kubagenda inyuma kigenda kigenzurwa n’amakipe arimo Eritrea na
NSN Devo ya Itamar Einhorn wari wambaye umwambaro w’umuhondo.
Abakinnyi
batatu bari bayoboye isiganwa ninabo bageze Ruhuha ari aba mbere aho hatangiwe
amasegonda y’abakinnyi bagera ahatambika bari imbere aho bari bayobowe na
Miguel Heidemann wahawe amasegonda atatu, Erasmus ahabwa amasegonda abiri mu
gihe Martins wahageze ari uwa gatatu yahawe isegonda rimwe.
Miguel
Heidemann kandi yegukanye amanota ya mbere y’ahazamuka ha mbere aho yageze
n’ubundi akiri hamwe na Martins wari uwa kabiri ndetse na Erasmus wari uwa
gatatu. Amanota y’agasozi ka kabiri ariko ntabwo yabaye aya Heidemann wari
wegukanye aya mbere ahubwo ku gasozi ka kabiri yabaye uwa kabiri ahubwo Martins
aba uwa mbere mu gihe Erasmus yabaye uwa gatatu.
Miguel
Heidemann ariko yongeye kwihesha ikuzo yegukana andi masegonda atatu kubera
kugera ahatambika ari uwa mbere ubwo bageraga i Nyanza ku kilometero cya 99
akurikirwa na Erasmus wahawe amasegonda abiri, Martins wa gatatu ahabwa
Ku
kilometero cy’i 102, batatu bari bakiyoboye isiganwa, Heidemann, Martins na
Erasmus bashyizemo intera y’iminota ibiri n’amasegonda 30 ariko bagera mu
bilometero 25 bya nyuma hasigayemo umunota umwe n’amasegonda 30. Itamar Einhorn
wari wambaye umwambaro w’umuhondo muri ibi bilometero yari akiri mu gikundi
ariko ariwe ukiyoboye anashaka uko asohokamo nubwo bitamuhiriye.
Ubwo
biteguraga kwinjira mu Mujyi wa Huye, abakinnyi batatu bayoboye isiganwa igihe
kini, bafashwe n’igikundi cyari kibari inyuma, batangira kugendera hamwe bose
bayobowe na Eritrea. Abasiganwa binjiye mu Mujyi wa Huye bitegura gutangira
ahatambika bagana ahasorejwe isiganwa bari mu gikundi banagera ku murongo
barikumwe ariko Umunya-Espagne Pau Soriano aba ariwe ukozaho ipine bwa mbere
yegukana aka gace ka kabiri akoresheje amasaha atatu, iminota icumi, amasegonda
icumi, n’ibyijana 30 arusha Umunya-Eritrea Henock Mulbrhan wabaye uwa kabiri
iby’ijana bibiri gusa.
Like This Post? Related Posts