Igisirikare cya Angola kirwanira mu kirere cyohereje abasirikare mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu rwego rwo gufasha ingabo za Leta ya Kinshasa mu mirwano zihanganyemo n’ihuriro rya AFC/M23 ndetse n’umutwe wa MRDP-Twirwaneho ukorera muri Komine ya Minembwe.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, Angola yohereje abasirikare bagera ku 100 ku
kibuga cy’indege cya Kalemie mu Ntara ya Tanganyika. Nyuma y’amasaha make,
kimwe cya kabiri cyabo cyahise cyoherezwa mu Mujyi wa Baraka no mu bindi bice
bya Teritwari ya Fizi, aho biteganyijwe ko bazifatanya n’ingabo za RDC mu
bikorwa bya gisirikare.
Amakuru agaragaza ko Angola yohereje indege z’intambara zo mu bwoko bwa
Sukhoi-30 na Sukhoi-25 ku kibuga cya Kalemie, zizajya zifashishwa mu bitero
bigabwa ku birindiro bya AFC/M23 na MRDP-Twirwaneho, cyane cyane mu bice
by’imisozi miremire ya Fizi.
Ibi byabaye ku munsi umwe n’uwari wateganyijweho itangira ry’agahenge
kasabwe na Angola. Abasesenguzi bavuga ko nyuma y’uko Perezida João
Lourenço avuye ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Angola
isa n’iyiyambuye umwambaro w’ubuhuza, igatangira kwinjira mu ntambara ku buryo
bweruye.
Hagati ya tariki ya 19 na 21 Gashyantare 2026, habaye inama y’umutekano
i Bujumbura, muri hoteli ya Kiriri Garden, yahuje abayobozi bakuru b’ingabo z’u
Burundi na RDC.
Iyo nama yitabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burundi, Gen Prime
Niyongabo, mugenzi we wa RDC, Gen Jules Banza Mwilambwe, na Minisitiri w’Ingabo
wa RDC, Guy Kabombo Muadiamvita. Hari kandi n’abapilote baturutse muri Angola,
ndetse n’abayobozi b’ingabo za RDC barimo Brig Gen Mwaku Mbuluku Daniel na Col
Kisembo Isingoma Benjamin.
Ibiganiro byibanze ku buryo mu cyumweru gikurikiyeho hashyirwa imbaraga
mu kugaba ibitero ku birindiro bya AFC/M23 mu kibaya cya Ruzizi, muri Teritwari
ya Uvira, hifashishijwe ingabo zirwanira ku butaka n’izirwanira mu kirere.
Kuri ubu, ihuriro rishyigikiye Leta ya RDC rigizwe n’abasirikare
babarirwa mu bihumbi, barimo aba Angola, aba RDC, ab’u Burundi, umutwe wa FDLR,
urubyiruko rw’Imbonerakure, imitwe ya Wazalendo, ndetse n’abacanshuro baturutse
mu bihugu byo muri Amerika y’Amajyepfo no muri Algeria.
Uruhare rwa Angola rugaragaza impinduka mu myitwarire yayo ku kibazo cya
RDC. Mu gihe yari imaze iminsi itangaza ko ishishikajwe no guhuza impande
zishyamiranye mu biganiro bya politiki, kohereza ingabo n’indege z’intambara
byerekana ko yahisemo gufata uruhande rugaragara mu ntambara.
Abasesenguzi bavuga ko ibi bishobora gukomeza gukaza umwuka mubi mu
burasirazuba bwa RDC, aho imirwano imaze igihe kinini isiga abaturage mu bibazo
by’ubuhunzi n’umutekano muke.