Umuholandi
Zomermaand Jurgen ukinira Development Team Picnic Postnl yegukanye agace ka
gatatu ka Tour du Rwanda 2026, kavuye i Huye kerekeza i Rusizi.
Aka gace
kakinwe ku ntera y’ibilometero 145,3, Zomermaand Jurgen yakoresheje amasaha
atatu, iminota 44 n’amasegonda 53, arusha uwamukurikiye amasegonda 20.
Ni isiganwa
ryatangiye ku isaha ya saa yine, abasiganwa 79 bahaguruka mu Mujyi rwagati mu
Karere ka Huye, ariko nyirizina hatangira kubarwa ibihe ubwo bari bageze mu
isantere ya Gahenerezo.
Bahagurutse
Umunya-Espagne Pau Martí Soriano ukinira NSN Development Team ari we wambaye
umwambaro w’umuhondo nyuma y’uko uduce tubiri twabanje ku ntera y’ibilometero
ya Km 308, yadusoje akoresheje amasaha 7:10:02.
Isiganwa
rigitangira, abakinnyi benshi biganjemo abo mu makipe ya NSN Development Team,
Picnic, Istanbul Team, Benediction Banafrica Team n’Ikipe y’Igihugu ya Eritrea,
batangiye gucomoka mu gikundi.
Ku
bilometero 20 bya mbere binjira mu Mujyi wa Nyamagabe, abakinnyi batanu barimo
Girmay Mewael wa Istanbul, Muhoza Eric ukinira Amani, Vidal Victor wa
Bike Aid, Theiler Ole wa Rembe na Tuyizere Etienne wa Team Rwanda
bayoboye isiganwa, basiga igikundi kibakurikiye umunota umwe.
Aba
basiganwa bageze ku kilometero cya 40, bacyiyoboye isiganwa ndetse bamaze
gusiga igikundi kibakurikiye ho umunota umwe n’amasegonda 40.
Kuyobora
isiganwa ntibyarambye kuko ku kilometero cya 45, aba bakinnyi bose bafashwe
n’igikundi ndetse batangira kugendera hamwe.
Ku
bilometero 100, isiganwa ryatangiye guhindura isura Umubiligi Marivoet
Scholiers Duarte ukinira Lotto – Groupe Wanty asohoka mu Ishyamba rya Nyungwe
ayoboye isiganwa.
Uyu yaje
gufatwa ku kilometero cya 120, atangira kugendana n’Umunya-Eritrea Araya Zeray
Nahom aho basize ababakurikiye ho amasegonda 15.
Tour du
Rwanda 2026, irimo iraba Sosiyete Spiro Rwanda, ikigo cy’indashyikirwa mu
gukwirakwiza ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi (Electric Vehicles), ari umwe
mu baterankunga b’iri siganwa ry’amagare riri mu ya mbere akomeye muri Afurika.
Mu
bilometero 20 bya nyuma, abakinnyi bose bongeye kugendera hamwe nyuma y’uko
igikundi gifashe Araya wari imbere, ariko mu bilometero 10 bya nyuma, abakinnyi
bacikaguritsemo ibice bibiri habura ibilometero bitanu ngo isiganwa rirangire.
Umuholandi
Zomermaand Jurgen ukinira ikipe ya Development Team Picnic Postnl yageze
mu bilometero bibiri bya nyuma ayoboye isiganwa, yasize abamuri inyuma ho
amasegonda 35 mu gihe igikundi kirimo uwambaye umwambaro w’umuhondo cyasigaye
ho amasegonda 45.
Uyu yitwaye
kugeza ageze ku murongo ari uwa mbere ndetse yegukana agace ka Gatatu ka Tour
du Rwanda 2026, ka Huye-Rusizi, kakinwe ku ntera y’ibilometero 145,3,
akoresheje amasaha atatu, iminota 44 n’amasegonda 53, arusha Van Gils Lucas
wamukurikiye amasegonda 20.
Umunyarwanda
waje hafi na Niyonkuru Samuel wa Team Amani aho yarushijwe amasegonda 40 n’uwa
mbere.
Tour du
Rwanda 2026 irakomeza kuri uyu wa gatatu tariki ya 25 Gashyantare 2026, hakinsa
agace ka Karongi-Rubavu.