• Imikino /

Umuholandi Zomermaand Jurgen ukinira Development Team Picnic Postnl yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2026, kavuye i Huye kerekeza i Rusizi. 

Aka gace kakinwe ku ntera y’ibilometero 145,3, Zomermaand Jurgen yakoresheje amasaha atatu, iminota 44 n’amasegonda 53, arusha uwamukurikiye amasegonda 20.

Ni isiganwa ryatangiye ku isaha ya saa yine, abasiganwa 79 bahaguruka mu Mujyi rwagati mu Karere ka Huye, ariko nyirizina hatangira kubarwa ibihe ubwo bari bageze mu isantere ya Gahenerezo.

Bahagurutse Umunya-Espagne Pau Martí Soriano ukinira NSN Development Team ari we wambaye umwambaro w’umuhondo nyuma y’uko uduce tubiri twabanje ku ntera y’ibilometero ya Km 308, yadusoje akoresheje amasaha 7:10:02.

Isiganwa rigitangira, abakinnyi benshi biganjemo abo mu makipe ya NSN Development Team, Picnic, Istanbul Team, Benediction Banafrica Team n’Ikipe y’Igihugu ya Eritrea, batangiye gucomoka mu gikundi.

Ku bilometero 20 bya mbere binjira mu Mujyi wa Nyamagabe, abakinnyi batanu barimo Girmay Mewael wa Istanbul, Muhoza Eric ukinira Amani,  Vidal Victor wa Bike Aid, Theiler Ole wa Rembe  na Tuyizere Etienne wa Team Rwanda bayoboye isiganwa, basiga igikundi kibakurikiye umunota umwe.

Aba basiganwa bageze ku kilometero cya 40, bacyiyoboye isiganwa ndetse bamaze gusiga igikundi kibakurikiye ho umunota umwe n’amasegonda 40.

Kuyobora isiganwa ntibyarambye kuko ku kilometero cya 45, aba bakinnyi bose bafashwe n’igikundi ndetse batangira kugendera hamwe.

Ku bilometero 100, isiganwa ryatangiye guhindura isura Umubiligi Marivoet Scholiers Duarte ukinira Lotto – Groupe Wanty asohoka mu Ishyamba rya Nyungwe ayoboye isiganwa.

Uyu yaje gufatwa ku kilometero cya 120, atangira kugendana n’Umunya-Eritrea Araya Zeray Nahom aho basize ababakurikiye ho amasegonda 15.

Tour du Rwanda 2026, irimo iraba Sosiyete Spiro Rwanda, ikigo cy’indashyikirwa mu gukwirakwiza ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi (Electric Vehicles), ari umwe mu baterankunga b’iri siganwa ry’amagare riri mu ya mbere akomeye muri Afurika.

Mu bilometero 20 bya nyuma, abakinnyi bose bongeye kugendera hamwe nyuma y’uko igikundi gifashe Araya wari imbere, ariko mu bilometero 10 bya nyuma, abakinnyi bacikaguritsemo ibice bibiri habura ibilometero bitanu ngo isiganwa rirangire.

Umuholandi Zomermaand Jurgen ukinira ikipe ya Development Team Picnic Postnl  yageze mu bilometero bibiri bya nyuma ayoboye isiganwa, yasize abamuri inyuma ho amasegonda 35 mu gihe igikundi kirimo uwambaye umwambaro w’umuhondo cyasigaye ho amasegonda 45.

Uyu yitwaye kugeza ageze ku murongo ari uwa mbere ndetse yegukana agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2026, ka Huye-Rusizi, kakinwe ku ntera y’ibilometero 145,3, akoresheje amasaha atatu, iminota 44 n’amasegonda 53, arusha Van Gils Lucas wamukurikiye amasegonda 20.

Umunyarwanda waje hafi na Niyonkuru Samuel wa Team Amani aho yarushijwe amasegonda 40 n’uwa mbere.

Tour du Rwanda 2026 irakomeza kuri uyu wa gatatu tariki ya 25 Gashyantare 2026, hakinsa agace ka Karongi-Rubavu.

 











Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments