• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

 

Umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Kizza Besigye, yitabye Urukiko Rukuru ku wa Kabiri i Kampala, mu gihe hakomeje kugaragara impungenge zikomeye ku buzima bwe.

Besigye akurikiranyweho icyaha cyo kugambanira igihugu, akaba amaze hafi amezi 15 afunzwe. Nk’uko abo mu muryango we babivuga, ubuzima bwe bwifashe nabi cyane kuva yafungwa, mu gihe ubutabera bwa Uganda bukomeje kumwima uburenganzira bwo kurekurwa by’agateganyo

Umugore we, umudipolomate Winnie Byanyima, yatangaje ko gukomeza kumufunga no kumwima uburenganzira bwo kuburana adafunze ari umugambi wo kumuhitana. Yagize ati: “Intego yabo irasobanutse. Bashaka kumwica. Kumugumisha muri gereza no kumwima uburenganzira bwo kurekurwa by’agateganyo ni kimwe mu bigize uwo mugambi. Ariko ubuzima butangwa n’Imana kandi ni yo ibusubiza; twese tuzapfa umunsi umwe.”

Kizza Besigye yashimuswe n’abantu bitwaje intwaro mu murwa mukuru wa Nairobi muri Kenya mu Ugushyingo 2024. Nyuma y’iminsi mike, yaje kugaragara agejejwe imbere y’urukiko rwa gisirikare muri Uganda, aho yahise afungwa kugeza ubu.

Mu iburanisha ryo ku wa Kabiri, abamwunganira bashinje ubushinjacyaha guhisha ibimenyetso. Umwunganizi we mukuru, Martha Karua, yavuze ko gutinda gutangira kuburanisha Dr Besigye na mugenzi we Obeid Lutale bidaturuka ku ruhande rw’ubwunganizi, ahubwo biterwa n’ubushinjacyaha. Urukiko rwategetse ubushinjacyaha gutanga ibimenyetso byose bitarenze tariki ya 3 Werurwe, kugira ngo haboneke ingengabihe y’urubanza.

Mu rwego rwo gusabira ubuzima n’irekurwa rye, umuryango wa Besigye wari wahamagariye abamushyigikiye kwitabira misa yabereye kuri Rubaga Cathedral i Kampala ku wa Mbere. Icyakora, iyo misa yahagaritswe bisabwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, mu gihe bamwe mu bakirisitu bari bamaze kuhagera.

Kizza Besigye wahoze ari muganga wihariye wa Perezida Museveni, ariko amaze imyaka irenga 25 ari umwe mu bahanganye cyane na we ku rwego rwa politiki. Urubanza rwe rukomeje gukurikirwa n’abaturage benshi ndetse n’imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments