• Amakuru / MU-RWANDA

Guverinoma y’u Rwanda yakiriye irindi tsinda ry’impunzi n’abimukira 164 baturutse muri Libya, basaba ubuhungiro.

Aba bimukira bageze mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa 25 Gashyantare 2026. Barimo Abanya-Eritrea 19, abo muri Sudani 143, Umunya-Ethiopia umwe n’Umunya-Sudani y’Epfo umwe.

Imibare yo kuva mu 2019, igaragaza ko u Rwanda rwari rumaze kwakira impunzi n’abimukira 2,760. Muri abo abagera kuri 2,500 bamaze kwakirwa mu bindi bihugu.

Mu bamaze kubona ibihugu bya gatatu 255 bakiriwe na Suède, 588 bakirirwa na Canada, 203 bakirwa na Norvège, u Bufaransa bwakiriye 163, Finlande yakira 206, u Buholandi bwakira 52, u Bubiligi 72 mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakiriye 296.

Muri rusange u Rwanda rucumbikiye impunzi zirenga ibihumbi 130, umubare munini ukaba ugizwe n’izituruka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi.

 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments