Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yavuze ko igihugu cye kizakomeza gukora no kwagura ububiko bw’intwaro kirimbuzi za nucléaire, yaba mu ngano yazo n’ubushobozi.
Ibi yabigarutseho
ubwo yari mu Nteko Rusange y’ishyaka rye ry’abakozi.
Yavuze ko intwaro za nucléaire za Koreya Ruguru “zizagumaho
kandi nta wazisubiza inyuma”.
Yakomeje avuga ko Pyongyang izakomeza kwagura ububiko bw’intwaro
zayo mu gihe cyose intwaro za nucléaire zikiri ku Isi, ndetse igihugu cye
kigishyirwaho ibikangisho na Amerika.
Perezida Kim Jong Un yongeye kuburira ko bazagaba igitero gikaze
gisubiza buri umwe uzagerageza kubangamira inyungu zabo.
Ati “Dufite gahunda y’igihe kirekire yo kongerera imbaraga
intwaro za nucléaire dutunganya buri mwaka mu gihe kiri imbere, kandi
tuzashyira imbaraga mu kongera umubare n’ahakorerwa intwaro za nucléaire”.