• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yavuze ko igihugu cye kizakomeza gukora no kwagura ububiko bw’intwaro kirimbuzi za nucléaire, yaba mu ngano yazo n’ubushobozi.

Ibi yabigarutseho ubwo yari mu Nteko Rusange y’ishyaka rye ry’abakozi.

Yavuze ko intwaro za nucléaire za Koreya Ruguru “zizagumaho kandi nta wazisubiza inyuma”.

Yakomeje avuga ko Pyongyang izakomeza kwagura ububiko bw’intwaro zayo mu gihe cyose intwaro za nucléaire zikiri ku Isi, ndetse igihugu cye kigishyirwaho ibikangisho na Amerika.

Perezida Kim Jong Un yongeye kuburira ko bazagaba igitero gikaze gisubiza buri umwe uzagerageza kubangamira inyungu zabo.

Ati “Dufite gahunda y’igihe kirekire yo kongerera imbaraga intwaro za nucléaire dutunganya buri mwaka mu gihe kiri imbere, kandi tuzashyira imbaraga mu kongera umubare n’ahakorerwa intwaro za nucléaire”.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments