• Amakuru / MU-RWANDA

Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’abayobozi 25 b’ibigo n’imiryango itandukanye ku Isi, baganira ku rugendo rw’iterambere ry’u Rwanda mu myaka irenga 23 ishize.

Perezida Kagame yakiriye aba bayobozi kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25 Gashyantare 2026, nk’uko byatangajwe n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu ku rubuga rwa X.

Mu bayobozi bahuye n’Umukuru w’Igihugu harimo Bobby Pittman, uyobora ikigo cyo mu Bushinwa cya Kupanda Capital akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Banki y’Iterambere y’u Rwanda (BRD), Nick Allardice, uyobora GiveDirectly, Jocelyn Wyatt uyobora Alight n’abandi.

Iri tsinda rigari ryasuye u Rwanda mu rwego rwo gusangira ibitekerezo ku miyoborere, aho Umukuru w’Igihugu yabagaragarije inzira igihugu cyanyuzemo mu kubaka ubumwe n’ubwiyunge ndetse n’imiyoborere myiza.

Aba bayobozi kandi baganiriye ku mahirwe yo gukorana mu rwego rwo gushyigikira iterambere ry’u Rwanda mu nzego z’ingenzi zigamije iterambere rirambye.

Ibi bigo biyoborwa n’aba bayobozi bisanzwe bikorana n’u Rwanda mu bikorwa bitandukanye uhereye kuri BRD ni banki y’igihugu yibanda ku gutera inkunga imishinga y’iterambere mu nzego z’ubuhinzi, inganda, imiturire, ingufu n’ubucuruzi, ikanafasha kandi mu gushaka imari ku isoko ry’Imigabane.

Umuryango wa GiveDirectly wo utanga amafaranga ku miryango itishoboye mu Rwanda hagamijwe guteza imbere imibereho yabo mu buhinzi, ubucuruzi, uburezi n’ibindi bikorwa bizamura imibereho y’Abanyarwanda.

Muri Gashyantare 2026, u Rwanda na GiveDirectly basinyanye amasezerano y’imyaka itanu agamije guha Abanyarwanda miliyari 218 Frw yo kubafasha kwikura mu bukene.

Buri muryango uri muri iyi gahunda ugenerwa inkunga isaga ibihumbi 800 Frw yoherezwa kuri konti zabo za telefone (mobile money).

GiveDirectly yatangiye gukorera mu Rwanda mu 2016, imaze gukorera mu turere 17, aho imaze gufasha imiryango isaga 170,000. Utwo turere twagezwemo n’iki gikorwa harimo Ngoma, Gisagara, Nyamagabe, Musanze Ngororero n’ahandi.

Umuryango wa Alight, nawo ufasha gutabara abantu bahunze intambara, ibiza, cyangwa ibindi bibazo bibatera kubura aho batura, bakabafasha mu kubagezaho amazi meza, ibikorwa by’isuku n’isukura, amahugurwa n’imishinga ibafasha kwiteza imbere.

 

 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments