• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka Congrès National Démocratique (NDC) ritavuga  rumwe na Leta ya Zambia , Mambwe Zimba, yatawe muri yombi i Lusaka nyuma yo gutangaza ku rubuga rwa Facebook igishushanyo (caricature) cyerekana Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema ari mu sanduku y'abapfuye .

Nk’uko byatangajwe n’itangazamakuru ryo muri icyo gihugu, by’umwihariko ikinyamakuru Lusaka Times  na Reuters, icyo gishushanyo cyagaragazaga Perezida Hichilema aryamye mu isanduku y’abapfuye, mu gihe visi perezida we yamuhaga icyubahiro nk’aho yitabye Imana.

Amakuru ariho avuga ko Ikigo gishinzwe umutekano mu by’ikoranabuhanga muri Zambiya cyatangiye iperereza ku Cyumweru, nyuma yo kwakira ikirego ku ipaji ya Facebook yitwa “Zambia for all 2026.” Abayobozi ntibatangaje itariki nyayo iyo nyandiko yashyiriweho.

Bivugwa kandi ko telefoni ya Mambwe Zimba yafashwe mu rwego rw’iperereza, akaba ari umwe mu bayobozi b’iyo paji ya Facebook ishinjwa gutangaza ayo mashusho.

Abashinzwe iperereza bavuga ko iyo nyandiko yari “iyobya kandi igamije guha amakuru atari yo abaturage no guteza impagarara zidafite ishingiro,” nk’uko Reuters ibitangaza. Mu gihe iperereza rikomeje, inzego z’umutekano ntizikuraho amahirwe yo guta muri yombi abandi bantu bashobora kuba bafitanye isano n’iyo paji.

Iki kibazo cyongeye kuzamura impaka muri Zambiya ku bijyanye n’imbibi z’ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga n’uburyo amategeko akoreshwa ku batavuga rumwe n’ubutegetsi.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments