• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Igitero cy'indege nto y'intambara itajyamo umupilote (drone) cyishe Lt Col Willy Ngoma, umuvugizi wa gisirikare wa AFC/M23, mu rukerera rwo ku wa Kabiri, tariki ya 24 Gashyantare 2026.

Ni igitero cyiciwemo abantu icyenda (9) ariko umukuru wa gisirikare w'uyu mutwe, Jenerali Sultani Makenga, yahunze nta nkomyi. 

Iki gitero cyabereye hafi ya Rubaya, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), agace k'ingenzi gakungahaye ku mabuye y'agaciro, kazana amadorari menshi kubera ibikorwa byo gucukura coltan, kimwe mu mabuye akungahaye cyane ku isi.

Leta ya DRC iherutse gushyira ku rutonde rw'ibirombe yemereye Amerika birimo na Rubaya mu masezerano y'ubufatanye mu by'amabuye y'agaciro.

Urupfu rwa Lt Col Ngoma rwabaye ikimenyetso gikomeye ku isura ya M23, kuko yari umwe mu bategetsi bakuru ba M23. Iki gitero cyabaye mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego, nubwo hari ibikorwa by'abahuza barimo na Qatar, bigamije guhuza impande zombi kugira ngo agahenge kemeranyijweho gakurikizwe.

Amakuru y'icyo gitero cya 'drone' yagiye atangwa na maneko, inyeshyamba ebyiri (2) umusirikare mukuru, n'umukozi wa ONU. Abo bavuze ko imirambo icyenda yavuye ahabereye icyo gitero yakorewe i Goma, umurwa mukuru w'intara ya Kivu ya Ruguru, mu gihe indi mirambo irindwi itashoboye kuhakurwa kubera yabaye umuyonga.

Gen. Makenga yari muri ako gace icyo gitero cyabereyemo mbere y'uko kiba, aho bivugwa ko yahungiye ku rusengero rwari hafi aho. M23 ntiyatangaje byinshi ku bijyanye n'iki gitero, ariko ku wa Gatatu, Bertrand Bisimwa, yashinje leta ya DRC kongera kurenga ku gahenge, avuga ko igitero cyagabwe ku mirongo yose y'imbere y'intambara, kandi ko iyo ari yo mahitamo ya Kinshasa.

Kinshasa yanze ko irenga ku gahenge, ahubwo ishimangira ko ubusugire bw'igihugu ari ntavogerwa. Mu butumwa bwo ku mbuga nkoranyambaga, Bisimwa yavuze ko ibi bituma amahanga akomeza guceceka, nubwo M23 yemeza ko ikoresha uburenganzira bwayo bwo kwirwanaho.

Imirwano yakomeje muri teritwari ya Masisi hagati ya M23 na FARDC ifatanyije na Wazalendo. Intambara mu burasirazuba bwa DRC yongeye kuburana imbaraga kuva mu mpera za 2021, ubwo M23 yongeraga kubura intwaro.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments