• Amakuru / MU-RWANDA


Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite yemeje bidasubirwaho ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025/2026 ivugururuye, aho yagabanyutseho miliyari 80,4 Frw ku yari yemejwe mbere, ikagera kuri miliyari 6.952 Frw.

Inteko yari yemeje uwo mushinga w’itegeko, ukaba uzashyikirizwa komisiyo ifite ingengo y’imari mu nshingano ngo usuzumwe ingingo ku yindi mbere yo kwemeza ingengo y’imari nshya.

Biteganyijwe ko amafaranga ava imbere mu gihugu azinjira azaba angana na miliyari 4.662,7 Frw arimo imisoro ingana na 3.655,3 Frw, inguzanyo z’imbere mu gihugu zingana na miliyari 516,5 Frw, n’andi arimo akomoka ku mitungo, ku bintu na serivisi byagurishijwe ndetse n’amande n’ibihano angana na miliyari 490,8 Frw.

Ku ruhande rw’amafaranga yinjira ava mu mahanga, angana na miliyari 2.289,3 Frw arimo inguzanyo zingana na miliyari 1.639,7 Frw n’impano zingana na miliyari 649,6 Frw.

Ni amafaranga yasaranganyijwe uko azakoreshwa mu buryo butandukanye kandi bushingiye ku bigomba gukorwa n’ubwihutirwe bwabyo.

Ingengo y’imari isanzwe yagenwe ingana na miliyari 4.836,2 Frw harimo azifashishwa mu kwishyura imishahara y’abakozi angana na miliyari 1.167,2 Frw, ibintu na serivisi angana na miliyari 1.038,8 Frw, azifashishwa kwishyura inyungu angana na miliyari 536,4 Frw.

Hari kandi amafaranga azifashishwa mu gukoresha ibikoresho birambye, impano, inguzanyo, imisanzu n’inkunga zihabwa abatishoboye n’ibindi bitandukanye.

Ingengo y’imari y’iterambere ingana na miliyari 2,115,8 akazakoreshwa mu mishinga itandukanye y’iterambere hirya no hino mu gihugu.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yusuf, yari yasobanuriye abadepite ko igabanyuka ry’ingengo y’imari ryaturutse ku mpinduka zakozwe mu gushaka amafaranga akoreshwa mu kubaka ikibuga cy’indege mpuzamahanga gishya cya Kigali. Yagabanyutseho miliyari 168,2 Frw ku mafaranga yasabwaga mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025/2026.

Hari kandi, uburyo bwari buteganyijwe bwo kwishyura inguzanyo ya RwandAir mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025/2026 bwaravuguruwe bituma izo nguzanyo zizatangira kwishyurwa buhoro buhoro guhera mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2026/2027.

Iryo gabanyuka ry’ingengo y’imari kandi ryuzuzanyije n’izamuka ry’amafaranga aturuka hanze akoreshwa mu mishinga y’iterambere bitewe n’amafaranga ateganyijwe guturuka mu nkunga n’inguzanyo z’amahanga.

Impinduka z’ingenzi zikubiye mu ivugururwa ry’iyi ngengo y’imari ni amafaranga azinjizwa, kwiyongera kw’amafaranga aturuka mu misoro; kwiyongera kw’andi mafaranga no kwiyongera kw’inkunga n’inguzanyo z’amahanga zikoreshwa mu mishinga y’iterambere no kugabanuka kw’inguzanyo z’amahanga zinyuzwa mu kigega cya Leta.

Nubwo ingengo y’imari yagabanyutse, Leta yerekanye ko amafaranga aturuka hanze y’Igihugu yari ateganyijwe aziyongeraho miliyari 250,5 Frw cyane cyane ay’inkunga n’inguzanyo zikoreshwa mu mishinga y’iterambere.

Bizajyana n’uko ingengo y’imari igenewe imishinga y’iterambere na yo iziyongeraho miliyari 253,3 Frw.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments