U Burusiya
na Ukraine byongeye guhererekanya imirambo y’abasirikare baguye mu ntambara,
nk’uko byatangajwe ku wa Kane n’umuyobozi w’itsinda ry’u Burusiya mu biganiro
n’i Kyiv, Vladimir Medinsky.
Mu butumwa
yashyize ku rubuga rwa Telegram, Medinsky yavuze ko “Ukraine yakiriye imirambo
y’abasirikare 1,000 bayo,” mu gihe “u Burusiya bwongeye kwakira imirambo
y’abasirikare babwo 35.”
Ihererekanyabubasha
riheruka ryabaye ku wa 29 Mutarama, aho Moscou yashyikirije Ukraine imirambo
1,000, na ho Ukraine igasubiza imirambo y’abasirikare 38 b’Abarusiya.
Nk’uko
Vladimir Medinsky yabisobanuye, ibi bikorwa biri mu rwego rw’amasezerano
impande zombi zagiranye i Istanbul mu 2025, agamije koroshya ibikorwa
by’ubutabazi n’ubwiyunge ku miryango y’abaguye ku rugamba.
Kuva
intambara yatangira hagati y’u Burusiya na Ukraine, ibihugu byombi byanakoze
ihererekanyabubasha ry’imfungwa z’intambara kenshi, bikorwa byorohejwe
n’ubuhuza bw’United Arab Emirates na United States.
Nk’uko
byatangajwe n’umukomisiyo w’u Burusiya ushinzwe uburenganzira bwa muntu, Tatiana
Moskalkova, mu mwaka wa 2025 abasirikare barenga 1,800 b’Abarusiya basubijwe
iwabo nyuma yo kuva mu bunyage bwa Ukraine binyuze muri ayo masezerano yo
guhererekanya imfungwa.
Ihererekanyabubasha
ry’imirambo n’imfungwa rikomeje gufatwa nk’intambwe y’ingenzi mu kubungabunga
uburenganzira bwa muntu no kugabanya ubukana bw’intambara, nubwo imirwano
hagati y’impande zombi igikomeje mu bice bitandukanye by’urugamba.
Like This Post? Related Posts