Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Amerika iri kugira uruhare rutaziguye kandi rukomeye mu bitero biri kugabwa kuri Iran, ashimangira ko ari igikorwa cyo kurinda umutekano w’igihugu cye n’ibihugu bifatanya na cyo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Gashyantare 2026, Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, yatangaje ko ingabo za Israel zatangiye kurasa misile ku murwa mukuru wa Iran, Tehran, mu rwego rwo gukumira ibyo yise “akaga katurukaga ku mugambi wa Iran wo kongera kubaka ubushobozi bwa nucléaire.”
Trump: “Iran igomba kwirengera ingaruka”
Mu mashusho y’iminota umunani yashyize ku rubuga rwe rwa Truth Social, Trump yavuze ko Amerika yagabye ibitero bikomeye ku bigo bya gisirikare n’ibikorwaremezo bya Iran bifitanye isano no gukora misile n’intwaro kirimbuzi.
Yagize ati:“Iran yagerageje kongera kubaka gahunda yayo ya nucléaire kandi ikomeje gukora misile ziraswa mu ntera ndende, zishobora guhungabanya umutekano w’inshuti zacu n’abafatanyabikorwa i Burayi, ingabo zacu ziri mu mahanga ndetse zikagera no ku butaka bwacu.”
Trump yavuze ko Iran yanze kwemera amasezerano yo guhagarika burundu umugambi wa nucléaire, bityo ko igomba kwirengera ingaruka z’icyemezo cyayo. Yongeyeho ko ingabo za Amerika zigiye “gusenya burundu” misile za Iran n’inganda zizikora.
Israel mu bihe bidasanzwe by’umutekano
Guverinoma ya Israel yasabye abaturage kujya mu bwihisho no kuguma ahantu hatekanye, nyuma y’uko igisirikare cyatangaje ko hari misile nyinshi ziri kuraswa zivuye muri Iran zerekeza ku butaka bwa Israel.
Ingabo zirwanira mu kirere za Israel zatangaje ko zatangiye kuzipfubya, hakoreshejwe uburyo bugezweho bwo kwirwanaho mu kirere.
Iran ivuga ko izihimura
Ku ruhande rwa Iran, ubuyobozi bwatangaje ko ibitero byagabweho ari “igikorwa cy’ubushotoranyi” kandi ko butazihanganira icyo bwise igitero ku busugire bw’igihugu. Teheran yavuze ko izafata “ingamba zikomeye kandi zihuse” zo kwihorera.
Hari amakuru avuga ko Iran ishobora kwibasira inyungu za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati, cyane cyane ku birindiro by’ingabo zayo biri muri Qatar, Bahrain no muri Iraq.
Impungenge ku Banyamerika ba mu Burasirazuba bwo hagati
Amerika yasabye Abanyamerika bari mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati kwirinda ingendo zitari ngombwa no kuguma ahantu hatekanye kugeza igihe hazatangarizwa andi mabwiriza mashya.
Abasesenguzi bavuga ko iyi ntambara ishobora kugira ingaruka zikomeye ku masoko mpuzamahanga, cyane cyane ku biciro bya peteroli, ndetse no ku mutekano w’akarere.
Ibyabaye mbere
Ibi bitero bikurikiye ibindi byagabwe kuri Iran muri Kamena 2025, byakurikiwe no kuraswa kwa misile nyinshi ku mijyi ya Israel. Ubu, ibintu birasa n’ibigeze ku rwego rwo hejuru rushobora kuvamo intambara yeruye hagati y’ibihugu byombi, Amerika na Iran.
Isi yose ikomeje gukurikiranira hafi aya makuru, mu gihe ibihugu bikomeye birimo gusaba impande zombi kwirinda kongera ubukana no gushaka inzira y’ibiganiro.
Like This Post? Related Posts