RwandAir yahagaritse ingendo z’indege zayo zijya cyangwa ziva i Doha muri Qatar n’i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) kubera ibitero Iran ikomeje kugaba mu Burasirazuba bwo Hagati.
Iran iri kurasa mu bihugu byinshi byo mu Burasirazuba bwo Hagati isubiza Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na byo biri kuyirasaho kuva mu gitondo.
RwandAir yavuze ko abagenzi bagizweho ingaruka bazemererwa guhindura tike zabo bakazigenderaho ku y’andi matariki.
Mu itangazo RwandAir yashyize ahagaragra yanditse igira iti “Umutekano w’abagenzi bacu n’abatwara indege ukomeza kuba uw’ingenzi. Turi kugenzurira hafi uko byifashe, turabaha andi makuru bitewe n’ibigezweho.”
Uyu munsi mu mashusho y’iminota 8, Perezida Trump yatangaje ko Amerika yagabye ibitero bikomeye kuri Iran kubera ko iki gihugu cyageragezaga gusubukura umushinga wo gukora intwaro kirimbuzi.
Ubwo Iran yatangiraga gusubiza ibi bitero, ibihugu byegeranye birimo Qatar, Kuwait, Syria na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) byafunze ikirere cyabyo, kuko zimwe muri misile na drones bya Iran byerekeza muri Israel biri kukinyuramo.
Minisiteri y’Ingabo ya UAE yatangaje ko iki gihugu cyagabweho igitero cya misile, zipfubirizwa mu kirere cyo mu mujyi wa Abu Dhabi, ibimene byazo bica umuntu umwe.