Abakorera ingendo mu muhanda wa Jabana ujya ahazwi nko ku baturikiya mu kagari ka Bweramvura mu murenge wa Jabana barataka ikibazo cy'umuhanda mubi utaborohereza mu buhahirane n'imigenderanire.
Ni umuhanda uturuka mu isantere iri
ku muhanda wa kaburimbo hafi y’ibiro by’umurenge wa Jabana ugakomeza ujya aho
bakunda kwita ku baturukiya ho mu kagari ka Bweramvura mu murenge wa Jabana
w’akarere ka Gasabo. Bavuga ko bagorwa n’ingendo kuko ngo n’abamotari bagerageje
kuwishoramo baca amafaranga menshi bitewe n’uwo muhanda udakoze
bagasaba ko
uyu muhanda wakorwa bikaborohereza ubuhahirane n’imigenderanire kuko bituma ingendo zidakorwa uko
bikwiye cyane cyane nk’iyo imvura iguye urekamo amazi ku buryo kubona ahunyura
bitoroha.
Umunyamakuru wa Bplus tv yashatse
kumenya icyo inzego z’ubuyobozi zivuga kuri iki kibazo ariko umuvugizi w’umujyi wa Kigali
yari yiyambaje kuri telefoni ntiyayifashe ndetse n’ubutumwa yandikiwe
mu bihe bitandukanye yabusomye ntiyabusubiza ku mpamvu tutamenye. Agize icyo adutangariza
twazakigarukaho mu makuru yandi.
Umujyi wa Kigali muri 2025 wari
watangaje ko ufite umushinga wo gukora imihanda irenga ibirometero 215,
ikazakorwa mu byiciro bigera kuri bitandatu, icyiciro cya mbere kikaba
cyararangiye. Ni umushinga watangiye mu mwaka wa 2019 mu rwego rwo kugira indi
mihanda yunganira iyari isanzwe ihari, no kugabanya umubyigano w’ibinyabiziga
mu mujyi wa Kigali hamwe n’iterambere ry’ibikorwaremezo muri rusange.