Abakinnyi
babiri bakinira ikipe ya Atlético de Madrid y’abagore yo mu gihugu cya Espagne,
Carmen Menayo Montero na María Dolores Gallardo Núñez uzwi nka ‘Lola’ bari mu
biruhuko mu Rwanda.
Binyuze muri
gahunda ya Visit Rwanda, ikipe ya Atlético de Madrid yohereza abakozi bayo
batandukanye barimo abanyabigwi bayo, abakinnyi n’abatoza haba mu ikipe
y’abagabo ndetse n’iy’abagore aho baza kwihera ijisho ibyiza bitatse
urw’imisozi igihumbi.
Babinyujije
ku mbuga nkoranyambaga zabo zitandukanye iyi kipe yerekanye aba bakinnyi bayo
Lola na Menayo bari kwishimira ibyiza bitatse u Rwanda dore ko basuye ahantu
hatandukanye.
Ku munsi wa
mbere w’urugendo rwabo basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruhererye ku
Gisozi, bunamira abarushyinguwemo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu
1994.
Nk’uko
bakomeje babigaragaza kandi, aba bakinnyi ba Atlético de Madrid bakomereje mu
Karere ka Nyanza, ahazwi nko mu Rukali, basobanurirwa amateka y’u Rwanda rwo
hambere n’uko abami barwo babagaho, banerekwa inka z’Inyambo bafata amafoto
barikumwe nazo ndetse basobanurirwa ko zifite umwihariko mu mateka y’u Rwanda.
Ntibyagarukiye
aho kuko bakomeje gutembere igihugu bareba ibyiza nyaburanga ari nako
bagaragaza ko bari kugirira ibihe byiza mu Rwanda aho banatembereye ku kiyaga
cya Kivu gikurura abatari bake.
Lola na
Menayo bakomereje muri Pariki y’Ibirunga iherereye mu Karere ka Musanze, aho
barebye inyamanswa zitandukanye zirimo n’ingagi zitaboneka henshi ku Isi.
Menayo
Montero w’imyaka 27 we akina mu bwugarizi akaba ari na Kapiteni wa Atlético de
Madrid y’abagore aho amaze gukinira iyi kipe imikino irenga 200. Ku rundi
ruhande María Dolores w’imyaka 32 ukina mu izamu rya Atlético de Madrid ndetse
ni umwe mu bakiniye iyi kipe igihe kirekire kuko yayigezemo mu 2012.