• Amakuru / POLITIKI


Ubuyobozi bw’Intara ya Tshopo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bangoka giherereye i Kisangani cyongeye kugabwaho igitero cya drones ku wa 1 Werurwe 2026.

Nk’uko byasobanuwe n’ubuyobozi bw’iyi ntara, drones enye ni zo zoherejwe kuri iki kibuga cy’indege hagati ya saa cyenda n’iminota 48 na saa moya n’iminota 48 z’umugoroba. Zose zahanuwe zitaragira ibyo zangiza.

Muri ayo masaha, ku kibuga cya Bangoka humvikanye urusaku rw’amasasu yaraswaga n’ingabo za Leta zageragezaga guhanura izi drones. Ibyo byateye ubwoba bamwe mu basivile bari hafi aho, bahita bahava.

Si ubwa mbere iki kibuga cyibasirwa. Tariki ya 1 Gashyantare 2026 na bwo cyagabweho igitero cya drones zigera ku munani. Icyo gihe, ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ari ryo ryari ryazohereje, rivuga ko ryari rigamije gusenya igice cy’ikibuga gikoreshwa n’ingabo za Leta.

Amakuru yaje kumenyekana ko drones nyinshi muri izo zahanuwe n’abacanshuro bakomoka muri Turikiya bakorana n’ingabo za RDC i Kisangani.

AFC/M23 ishinja Leta ya RDC gukoresha iki kibuga mu gutegura no kugaba ibitero bya drones ku birindiro byayo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, ndetse no ku basivile.

Kuri iyi nshuro yo ku wa 1 Werurwe, AFC/M23 ntiratangaza niba ari yo yagabye iki gitero. Gusa Leta ya RDC yo yatangaje ko uko byagenda kose ari yo iri inyuma y’iki gikorwa.

Iki kibazo gikomeje kongera umwuka mubi mu burasirazuba bwa RDC, aho imirwano hagati y’ingabo za Leta n’imitwe yitwaje intwaro ikomeje gufata indi ntera.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments